00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yolande Makolo yatunze agatoki abatifuza ko u Rwanda rubona inyungu muri Siporo

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 15 December 2024 saa 10:56
Yasuwe :

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yagaragaje ko hari agatsiko k’abantu bifuza ko inyungu zose zo mu bucuruzi bwa siporo ziguma mu bihugu bike, ashimangira ko muri iki gihe ibintu byahindutse.

Yabigarutseho mu butumwa yanditse ku rubuga rwa X, asubiza Umunyamakuru Jackie Lumbasi wari ubajije ibijyanye n’ijambo rikomeje gukoreshwa n’abantu batifuriza ineza u Rwanda rya Sportswashing.

Uwo munyamakuru yanditse mu rurimi rw’Icyongereza asaba ko yafashwa gusobanukirwa icyo iryo jambo risobanura n’impamvu rikomeje kwifashishwa n’abatari bake bavuga nabi u Rwanda.

Yagize ati “Ndikubona ‘sportwashing’ ahantu hose. Ni iki ‘sportwashing’ bivuga? Mu rwego rwo kudasiga umuntu inyuma, mbwira mu Kinyarwanda cyangwa mu Giswahili. Ndashaka kwiga.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yahise asubiza uwo munyamakuru, amugaragariza ko abantu bakomeje kwifashisha iryo jambo, ari agatsiko karwanya ibigezweho batifuriza u Rwanda ibyiza.

Ati “Bite Jackie, aba bantu bazanye iri jambo “sportswashing” ni agatsiko karwanya ibigezweho. Barashaka ko inyungu zose z’ubucuruzi bwa siporo ziguma mu bihugu bike bikize byakunze kungukira muri izo nyungu kuva kera. Ariko ubu turi muri 2024. Ibintu byafashe indi ntera. Twagiye?”

Ubusanzwe ijambo Sportwashing rikoreshwa mu gusobanura uburyo ibihugu cyangwa imiryango runaka ikoresha ibikorwa bya siporo cyangwa amarushanwa akomeye kugira ngo bihindure isura yabyo ku ruhando mpuzamahanga.

Ibyo bikorwa biba mu gihe bigamije kugabanya cyangwa guhisha amakosa no guhonyora uburenganzira bwa muntu, ruswa, cyangwa ibindi bikorwa bikorwa by’ubugizi bwa nabi buba muri muri icyo gihugu.

Urugero rwiza ni nk’igihe igihugu cyangwa umuryango gifite isura itari nziza ku rwego rw’Isi, kiba cyakira amarushanwa akomeye nk’Imikino y’Igikombe cy’Isi cyangwa Imikino ya Olympics, kugira ngo cyigaragaze neza.

Abakomeje gukoresha iryo jambo baba bashaka kugaragaza ko u Rwanda ruri muri uwo mujyo bitewe n’uko rukomeje kubengukwa n’amahanga ndetse rukakira ibikorwa bikomeye bya Siporo.

Ni imvugo u Rwanda rwamaganira kure, kuko ntaho ihuriye n’ibyo rukora.

Mu 2024 u Rwanda rwakomeje kwakira amarushanwa akomeye arimo irushanwa ngarukamwaka rya Tour du Rwanda, ryitabiriwe n’amakipe 19 ndetse n’Irushanwa rya Tennis “ATP Challenger 50 Tour” ryahuje abakinnyi babigize umwuga baturutse hirya no hino ku Isi.

Hari kandi African Cup muri Tennis, Marathon Mpuzamahanga ya Kigali, Rwanda Mountain Gorilla Rally, Imikino ya nyuma ya BAL 2024, Ironman 70.3.

Hari kandi Shampiyona Nyafurika ya Gymnastique, Inama y’Inteko Rusange y’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Imodoka ku Isi (FIA) n’andi marushanwa ya Tennis arimo ITF International Juniors /J30&J60, Billie Jean King Cup, Davis Cup na Rwanda Open M25.

Biteganyijwe kandi ko umwaka utaha nabwo u Rwanda ruzakira ibikorwa bitandukanye bya Siporo birimo na shampiyona y’Isi y’umukino wo gusiganwa ku magare.

Umwaka ushize, u Rwanda rwari rwakiriye Inteko Rusange ya FIFA
U Rwanda rwakiriye umuhango wo guhemba abitwaye neza mu marushanwa ategurwa n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga wo gusiganwa mu Modoka (FIA)
Perezida Kagame ashyikiriza Max Verstappen igihembo cy'umukinnyi wegukanye Formula One ya 2024
Ni ubwa mbere Umugabane wa Afurika wakiriye Inteko Rusange ya FIA
Perezida Kagame n’Umuyobozi wa FIA bamuritse imodoka y’amasiganwa yakorewe mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .