Ni igisubizo yatangiye mu gikorwa Rwanda Convention 2025 cyahurije Abanyarwanda n’inshuti zabo mu mujyi wa Dallas muri Leta ya Texas, kuri uyu wa 5 Nyakanga 2025.
Minisitiri Nsengimana yari abajijwe niba mu burezi bw’u Rwanda hari icyuho Abanyarwanda baba mu mahanga bashobora kuziba, n’amahirwe ari mu gushora imari mu burezi.
Yagize ati “Ndatekereza ko hari amahirwe menshi cyane iyo bigeze ku gushora imari mu burezi mu Rwanda. Dufite amashuri yigenga ariko ntabwo dufite amashuri yigenga ahendutse ahagije.”
Minisitiri Nsengimana yakomeje ati “Dufite amashuri ya Leta n’afashwa na Leta, tukagira n’amashuri yigenga ahenze cyane, [yishyuza] Amadolari ibihumbi 10, ibihumbi 20 muri kimwe cya kane cy’umwaka ariko hari amahirwe menshi hagati ya byombi, aho ushobora kugira amashuri ahendutse, ukanunguka.”
Yabwiye Abanyarwanda n’inshuti zabo bateraniye muri iki gikorwa ko u Rwanda ruri gutekereza uko rwareshya abashoramari bo mu burezi bashaka gushinga amashuri yigenga ahendutse.
Minisitiri Nsengimana yasobanuye ko hazabaho ubufatanye bwa Minisiteri y’Uburezi n’urwego rw’igihugu rw’iterambere (RDB), bitegurire amahirwe abashaka kubaka amashuri ahendutse.
Ati “Twiteguye kugirana ikiganiro na RDB, dushyireho ikintu kizaba cyiza kuri abo bashoramari. Niba ubishaka, cyangwa uzi abantu babishaka, nyabuna uzababwire aya mahirwe.”
Minisitiri Nsengimana yashimangiye ko u Rwanda rufite intego nyamukuru ebyiri mu rwego rw’uburezi; gufasha buri wese kwiga ndetse no guteza imbere ireme ryabwo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!