Byatangajwe kuri uyu wa 10 Ukuboza 2025, Benin ihita isaba ko uyu muyobozi yoherezwa bidatinze kugira ngo aryozwe ibyo yakoze. Togo ihana imbibi na Beni, mu gice cy’iburengerazuba.
Lt Col Pascal Tigri ashobora kuba intandaro y’amakimbirane hagati y’ibi bihugu byombi byo muri Afurika y’Uburengerazuba ikunze kugaragaramo ibikorwa byo guhirika ubutegetsi cyane.
Mu gitondo cyo ku wa 7 Ukuboza 2025, itsinda ry’abasirikare ba Bénin ryateye urugo rwa Perezida Patrice Talon, rishaka kumuhirika ku butegetsi.
Aba basirikare bayobowe na Lt Col Pascal Tigri, babashije gufata televiziyo y’igihugu, ndetse batambutsa ubutumwa buvuga ko bakoze ‘coup d’état’ bahirika Patrice Talon.
Mbere y’uko televiziyo iva ku murongo, aba basirikare bavuze ko bashyizeho Komisiyo ya gisirikare igamije impinduka, basesa Itegeko Nshinga, inzego za leta n’amashyaka yose ya politike.
Icyakora ku bufatanye n’u Bufaransa, Nigeria n’ibindi bihugu umugambi waburijwemo.
Ministeri y’Ububanyi n’Amahanga ya Togo ntiyahise agira icyo atangaza ku byo yasabwe.
Umwe mu bategetsi ba Benin yavuze ko Lt Col Pascal Tigri n’abandi bakekwaho kugerageza guhirika ubutegetsi bahungiye mu gace ko mu Murwa Mukuru, Lomé kazwi nka Lomé 2, kandi gaherereyemo urugo rwa Faure Gnassingbé.
Ati “Guverinoma ya Togo niramuka itabahaye Benin, bizaba ari ikimenyetso cy’uko Togo yagize uruhare mu gerageza guhirika ubutegetsi."
Ibaruwa y’Urwego rushinzwe Ubutasi muri Benin yahawe urwo nk’uru rwo muri Togo ku wa 10 Ukuboza 2025, yabonywe na Reuters, igaragaza ko abasirikare bane ba Benin bahungiye muri Togo ku munsi hageragejwe guhirika ubutegetsi. Lt Col Pascal Tigri yari yahamagawe n’umuntu wakoresheje nimero ya telefone yo muri Togo.
Yagiraga iti “Turabasaba kudufasha mu kuhereza abo basirikare bakekwa ku buyobozi bwa Benin.”
Abari bateguye guhirika ubutegetsi bagerageje gufata Perezida Talon mu rugo iwe, ndetse bagera hafi ku buryo yabonye n’amaso ye imirwano ikomeye.
Banashimuse kandi abasirikare bakuru babiri, ariko bombi barekuwe mu gitondo cyo ku wa 8 Ukuboza 2025.
Umuvugizi wa Guverinoma ya Benin, Wilfried Leandre Houngbedji, yavuze ko ku ku wa 7 Ukuboza abantu 14 bafashwe bakekwaho kugira uruhare muri iki kibazo. Perezida Talon yavuze ko abazakora iryo bara kuko ubu bugambanyi butazihanganirwa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!