00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rwamagana: Imbamutima z’urubyiruko 150 rwahawe ibikoresho by’imyuga bya miliyoni 17 Frw

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 29 August 2025 saa 11:26
Yasuwe :

Urubyiruko 150 rwo mu Karere ka Rwamagana ruturuka mu miryango itishoboye, rwahawe ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 17 Frw nyuma yo kwigishwa imyuga n’ubumenyingiro ku buntu, basabwa kubyifashisha bikura mu bukene.

Ni ibikoresho baherewe mu Ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya Kwigira riherereye mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, ku wa 28 Kanama 2025.

Hari mu gikorwa cyo gusoza icyiciro cya 11 cy’abanyeshuri bo mu miryango itishoboye bigishwa imyuga babifashijwemo n’umuryango Umbrella for Vulnerable ufatanyije n’umuryango Muslimehelfen Germany.

Mu banyeshuri 150 bari bamaze umwaka bigishwa imyuga harimo 58 bigishijwe kudoda, 52 bize gutegura amafunguro n’abandi 40 bize gukora mu bijyanye n’amashanyarazi.

Ambasaderi Sheikh Habimana Saleh wagize uruhare mu kwigisha imyuga uru rubyiruko, yavuze ko bahisemo kwigisha iyi myuga bifuza ko uru rubyiruko ruhita rujya mu kazi kugira ngo rwiteze imbere.

Nkomezi Kevin wize ibijyanye no gukora amashanyarazi we yagize

Ati “Naje kwiga hano nsoje amashuri atandatu yisumbuye maze gushakisha akazi byanze. Amezi atandatu maze niga hano natangiye kubona ibiraka mu gukorera abantu amashanyarazi. Ubu ndinjiza buri munsi ku buryo ntakibayeho nabi. Ndashimira ubuyobozi bwa Kwigira bwamfashije.’’

Bugingo Théoneste utuye mu Murenge wa Kigabiro mu Kagari ka Bwiza, yavuze ko yishimiye ko umwana we yamenye gukora amashanyarazi, kuri ubu akaba amufasha mu kwishyurira amashuri barumuna be.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Kagabo Rwamunono Richards, yasabye abigishijwe iyi myuga gukoresha neza ibikoresho bahawe bakiteza imbere ndetse banafasha imiryango yabo kuva mu bukene.

Ati “Mufite isoko ribazengurutse mugomba kubyaza umusaruro. Abize ibijyanye n’amashanyarazi mufite ingo nyinshi zikeneye gukorerwa amashanyarazi umunsi ku munsi, icyo mukeneye ni ukuba inyangamugayo no gukora neza akazi muhawe.”

Islamic Development Bank yatanze amafaranga yo kubaka ikindi kigo Murenge wa Munyiginya kizakuba kabiri abanyeshuri bigishirizwa muri Kwigira Training Center. Nyitezwe ko kizajya cyakira abanyeshuri basaga 400 buri mwaka kandi bakigishirizwa ubuntu.

Abize guteka bahawe ibikoresho birimo gaz kugira ngo bibafashe kubateza imbere
Abafite ubumuga nabo ntibahejwe mu kwigishwa imyuga n'ubumenyingiro
Abigishijwe imyuga basabwe kuyikoresha neza ikabateza imbere
Abize guteka bahawe ibikoresho birimo gaz kugira ngo bibafashe kubateza imbere
imashini 58 nizo zatanzwe
Ambasaderi Sheikh Habimana Saleh yasabye urubyiruko rwigishijwe imyuga ku buntu gukoresha ibikoresho bahawe bakiteza imbere
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Kigabiro, Rushimisha Mark, yasabye uru rubyiruko gufasha imiryango yabo kuva mu bukene
Umwe mu bigishijwe kudoda mu myaka yashize yatanze ubuhamya by'uburyo byamufashije mu kwikura mu bukene
Umuyobozi w'Akarere ka Rwamagana wungirije ushinzwe Iterambere ry'ubukungu, Rwamunono Kagabo Richards, yasabye urubyiruko rwahawe ibikoresho kubikoresha neza
Urubyiruko 58 nirwo rwahawe imashini zidoda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages