Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa 26 Nyakanga 2026, mu Murenge wa Mukura, Akagari ka Kageyo mu Mudugudu wa Mucaca.
Amakuru IGIHE yamenye ni uko uyu mugore yari yagabanye ibihumbi 58 Frw mu itsinda, ari yo umugabo yamusabagamo 2000 Frw byo kumywera inzoga undi akabimwima.
Ibi byaje gukurura amakimbirane kugeza bageze mu rugo akamuniga yamara kubona anegekaye akamumanika mu mugozi ngo bize kugaragaza ko yiyahuye.
Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro yahamirije IGIHE ati "Ni byo koko umubyeyi Mukabarame Vestine yasanzwe mu nzu yapfuye. Hakekwa umugabo we ko ari we wamwishe bapfa amakimbirane ashingiye ku kuba umugore we yaramwimye 2000 Frw byo kujya kunywa inzoga, ku yo yari yagabanye mu itsinda."
Yaboneyeho gukangurira abantu kwirinda amakimbirane, bagatangira amakuru ku gihe, ndetse imiryango babona ibanye nabi mu makimbirane ikamenyekana kugira ngo iganirizwe hakiri kare.
Ati ’Ntabwo ibintu bikwiriye kugera aho abantu bicana kubera ko hari ibyo batumvikanyeho.’
Umurambo w’uyu mugore wajyanwe ku Bitaro bya Murunda gukorerwa isuzuma mbere y’uko ushyingurwa, mu gihe ukekwa afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rusebeya.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!