00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ruhango: Hagaragajwe uburyo gutwika amatafari hifashishijwe ibarizo n’ibisigazwa by’umuceri birengera ibidukikije

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 1 March 2025 saa 08:33
Yasuwe :

Abaturage bakora imirimo yo gutwika amatafari bifashishije umurama w’ibarizo n’ibishishwa by’umuceri mu gishanga cya Mpanda, umurenge wa Byimana mu karere ka Ruhango, barahamya ko byababereye igisubizo kuko byagabanyije ikiguzi byabatwaraga batwika.

Muri bo, abahisemo gushora imari mu gutwika aya matafari, bemeza ko gukoresha ibisigazwa by’ibarizo n’iby’umuceri byatanze ibisubizo, kuko byihutisha akazi ko gutwika kandi bigatanga n’amatafari meza afite isuku n’isura nziza.

Bizimana Vianney yagize ati ”Kera tugitwikisha inkwi zonyine byaraduhendaga cyane. Iyi gahunda yo gutwikisha ibarizo n’ibishishwa by’umuceri, byabonye ari bwo umusaruro wiyongereye kuko mbere watwikishaga inkwi itanura rigapfuba, bikanangiriza n’ibidukikije.’’

Yakomeje avuga ko bituma umwotsi utaba mwinshi ngo wanduze amatafari kandi n’igiciro cyabyo kikaba kitari hejuru nk’icy’inkwi.

Karangwa Xavier bakorana na we yashimangiye ko ubu buryo bunatanga amatafari meza yishimirwa n’abaguzi, akagira inama n’abandi kuyoboka ubu buryo.

Yagize ati “Bitanga amatafari meza, akomeye kandi ahiye neza, akagurwa no ku giciro cyo hejuru, kandi n’abakiriya bashaka kubaka barayakunda cyane.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, yasabye n’abandi bakora uyu murimo kuyoboka ubu buryo bwifashisha ibisigazwa by’ibarizo n’iby’umuceri, kuko ari undi musanzu mu gukomeza kubungabunga ibidukikije cyane cyane amashyamba, anafatiye runini ubuzima bwa buri wese.

Ati “Gukoresha ibi bicanwa byatumye twirinda kwangiza amashyamba n’ibidukikije bindi muri rusange. Twasaba n’abandi gutera iyi ntambwe nziza, kuko kubikora na bo ari ukwikorera.”

Kugeza ubu, mu Karere ka Ruhango habarurwa abaturage barenga 360 bashoye imari mu gutwika amatafari azwi ku izina rya ‘Mpunyu’, ibyo bavuga ko bibafasha kwiteza imbere mu bukungu no guhanga umurimo.

Mu mwaka wa 2018, u Rwanda rwari rwihaye intego yo kuba rwaragabanyije ikoreshwa ry’inkwi, amakara, n’ibindi bicanwa bikomoka ku bimera nka bimwe mu byangiza ibidukikije bikanohereza imyuka ihumbanya ikirere, rukava ku kigero cya 79,9% rwariho mu 2018, rukagera kuri 42% mu 2024.

Mu Karere ka Ruhango, abasaga 300 bashoye imari mu bikorwa byo kubumba amatafari ahiye azwi nka 'Mpunyu'
Iyi mirimo inatanga akazi kuko nta wabikora wenyine
Amatafari yatwitswe n'umurama w'ibarizo n'ibishishwa by'umuceri aba akunzwe kubera gukomera n'ubwiza bwayo
Umwe mu bakozi ari gushyira ibarizo ku itanura
Ibarizo n'ibishishwa by'umuceri bishimwa ko byihutisha akazi ko gutwika, bikanarengera ibidukikije

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .