Inkongi yafashe iyi nyubako iraramo abanyeshuri b’abahungu mu gihe bari bakiri mu byumba by’amashuri, basubiramo amasomo. Kubera iyo mpamvu, nta n’umwe yishe cyangwa se ngo imukomeretse.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, yatangarije IGIHE ko isuzuma ry’ibanze ryagaragaje ko iyi nkongi yatewe n’umuriro w’amashanyarazi mwinshi kuko wabanje kugenda, hacanwa moteri, ubwo wagarukaga ihita ishya.
Ati “Twasanze nta muntu wabigizemo uruhare. Mu mashanyarazi hari icyo bita ’court circuit’. Umuriro ugomba kuba waje mu buryo budasanzwe, ukaza ari mwinshi, ugatera iyo nkongi y’umuriro. Ariko abatekinisiye barasuzuma neza, batugaragarize icyateye iyo nkongi mu buryo bwa nyabwo.”
Meya Mulindwa yasobanuye ko ibyari muri iyi nyubako byose byangiritse, birimo ibitanda, matela z’abanyeshuri, ibikapu n’ibigize inyubako ubwayo. Ikigereranyo cyagaragaje ko ibyangiritse bibarirwa mu gaciro ka miliyoni 47 Frw.
Ati “Ibintu byarimo byose byangiritse. Za matela zose zahiye, ibikapu byabo, imyambaro, twagerageje gukora ikigereranyo, tubona ko ibyangiritse bigera mu gaciro ka miliyoni 47 Frw.”
Yavuze ko mu gitondo cyo kuri uyu wa 6 Gicurasi, abayobozi mu nzego zitandukanye babyukiye mu biganiro bigamije kureba iby’ibanze abanyeshuri bakeneye birimo ibikoresho byabafasha gukomeza amasomo.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu yatanze icyizere ko umunsi wira hamaze kuboneka igisubizo cyihuse kugira ngo abanyeshuri bige nta nkomyi.




TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!