Iki gikorwa cyatangiriye i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa 9 Ukuboza 2024, muri hoteli Kimpton St Honoré. Biteganyijwe ko gikomereza i Bruxelles mu Bubiligi kuri uyu wa 10 Ukuboza 2024.
Iki gikorwa kandi cyateguwe hashingiwe ku masezerano b’ubufatanye n’Umuryango w’Ubumwe by’u Burayi, EU.
U Rwanda rushaka kubyaza umusaruro ubu bufatanye, binyuze mu kumenyekanisha Visit Rwanda, aho abakora mu bigo by’ubukerarugendo n’abafasha mu gutegura ibikorwa by’ubukerugendo mu Rwanda bazasobanura uburyo batanga neza izi serivisi.
Iki gikorwa cyahuje ibigo bigera kuri 50 byo mu Bufaransa, byitezweho kuzagira imikoranire n’u Rwanda nyuma yo kumva amahirwe y’ishoramari ahari.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Bufaransa, Nkulikiyimfura François, yashimiye Abafaransa bitabiriye iki gikorwa ndetse n’abahagarariye ibigo bitanga serivisi z’ubukerarugendo mu Rwanda.
Ati “Mwese muri abafatanyabikorwa twishimiye mu kwamamaza ibijyanye n’ubukerarugendo mu Rwanda, bikazatuma ibyo muvana aha bidufasha dukomeza kwagura no gufungurira imiryango abaza gusura ibyiza by’u Rwanda.”
Yakomeje ati “Aha rero nkaba navuga ko abahagarariye RDB hano namwe muhagarariye ibigo byanyu mu Rwanda, mufite inshingano zo kuduha amakuru adukumbuza u Rwanda kandi atuma abifuza kurusura no kurwamamaza hano babasha gutahana impamba nyayo.”
Ambasaderi Nkulikiyimfura yabwiye abashaka gusura u Rwanda ko ari igihugu cyiza, gituwe n’abaturage beza kandi bazi kwakira neza abashyitsi, bazi kuganira amateka yabo.
Umuyobozi w’ishami ry’ubukerarugendo muri RDB, Kageruka Ariella, yeretse abitabiriye iki gikorwa ibyiza nyaburanga by’u Rwanda, yifashishije amashusho, abamenyesha ko abo mu miryango nka OIF bahabwa Visa bakigera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, nta kiguzi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!