00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida wa Sena y’u Rwanda yaganiriye na Lourenço ku mutekano wa RDC

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 25 April 2025 saa 11:45
Yasuwe :

Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr. Kalinda François Xavier, na bagenzi be bo mu karere ka Afurika y’ibiyaga bigari, baganiriye na Perezida w’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) ku mutekano wo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Dr. Kalinda n’abandi bayobozi b’Inteko zishinga amategeko barimo Nelly Mutti wa Zambia, Vital Kamerhe wa RDC, Carolina Cerqueira wa Angola na Amason Kingi wa Kenya, bahuriye i Luanda mu nama yiga ku miyoborere idaheza.

Nyuma y’iyi nama bakiriwe na Perezida wa AU akaba n’uwa Angola, João Lourenço, bamugezaho raporo y’amakuru yakusanyijwe ku bikorwa by’imitwe yitwaje intwaro mu Burasirazuba bwa RDC ndetse n’ubugizi bwa nabi buhakorerwa, inagaragaza uburyo byahagarara.

Nk’uko ibiro bya Perezida wa Angola byabisobanuye, Perezida w’ihuriro ry’abayobozi b’Inteko Zishinga Amategeko mu karere, Nelly Mutti, yasobanuye ko iyi raporo igaragaza uburyo bwiza bwatuma ikibazo cyo mu Burasirazuba bwa RDC n’akarere muri rusange gikemuka.

Perezida Lourenço na Mutti bagaragaje ko uruhare rw’ibihugu bya Afurika rukenewe mu gukemura amakimbirane ari hagati ya RDC n’u Rwanda, yavutse nk’ingaruka z’umutekano muke mu burasirazuba bwa RDC.

Abayobozi b'Inteko zo mu karere ubwo bahuraga na Perezida João Lourenço wa AU na Angola
Baganiriye ku mutekano wo mu burasirazuba bwa RDC n'akarere muri rusange

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .