00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yijeje ubufatanye Mahama watorewe kuyobora Ghana

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 10 December 2024 saa 02:35
Yasuwe :

Perezida Paul Kagame yashimiye John Dramani Mahama watorewe kuyobora Ghana, amwizeza ubufatanye mu kongerera imbaraga umubano uri hagati y’iki gihugu n’u Rwanda no kugeza Umugabane wa Afurika ku cyerekezo cy’iterambere rirambye.

Umukuru w’Igihugu yagize ati “Shimirwa nshuti yanjye John Dramani Mahama ku bw’intsinzi wabonye mu matora ya Perezida. U Rwanda na Ghana bihuriye ku ntumbero ikomeye y’iterambere kandi twiteguye gukorana mu kongerera imbaraga ubufatanye bwacu, no kuganisha Afurika ku cyerekezo cy’iterambere.”

Komisiyo y’Amatora ya Ghana kuri uyu wa 9 Ukuboza 2024 yatangaje ko Mahama yagize amajwi 56,55%, Mahamudu Bawumia wo mu ishyaka New Patriotic Party riri ku butegetsi agira 41,6%.

Mbere y’uko Komisiyo y’Amatora itangaza ibyavuye muri aya matora, Bawumia yatangaje ko yatsinzwe, ashimira Mahama.

Mahama yabaye Visi Perezida wa Ghana kuva mu 2009 kugeza mu 2012, aba Perezida wa Ghana kuva mu 2012 kugeza mu 2017. Biteganyijwe ko tariki ya 7 Mutarama 2025 azasimbura ku butegetsi Nana Akufo-Addo uyobora Ghana kuva mu 2017.

Umubano w’u Rwanda na Ghana ushingiye ku bufatanye mu guteza imbere urwego rwo gutwara abantu n’ibintu mu kirere, igisirikare n’inzego z’umutekano, ubufatanye hagati y’inzego z’abikorera, ubukerarugendo, umuco, urwego rw’imari n’ubucuruzi.

U Rwanda rwafunguye Ambasade yarwo muri Ghana mu 2020. Ghana na yo yafunguye Ambasade yayo mu Rwanda mu 2024.

Dramani Mahama wo mu ishyaka National Democratic Congress yatsinze amatora ya Perezida wa Ghana
Perezida Paul Kagame yashimiye Dramani Mahama, amwizeza ubufatanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .