00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yaganiriye na Daniel Chapo wa Mozambique na Minisitiri w’Intebe wa Barbados

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 15 February 2025 saa 05:24
Yasuwe :

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa 15 Gashyantare 2025 yaganiriye na mugenzi we uyobora Mozambique, Daniel Chapo, na Minisitiri w’Intebe wa Barbados, Mia Amor Mottley.

Umukuru w’Igihugu, Chapo na Mia bahuriye i Addis Abeba muri Ethiopia, ahari kubera inama isanzwe ya 38 y’abakuru n’ibihugu na za guverinoma y’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU).

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byasobanuye ko Perezida Kagame na Chapo basuzumye umubano ukomeye usanzwe hagati y’u Rwanda na Mozambique, baganira uko barushaho kuwongerera imbaraga.

Biti “Abayobozi bombi basuzumye umubano ukomeye w’u Rwanda na Mozambique, baganira ku buryo barushaho kwagura ubufatanye bufitiye inyungu buri ruhande no kubwongerera imbaraga.”

Ibi biro byasobanuye ko Perezida Kagame yanaganiriye na Mia ku ngingo zitandukanye zifitiye u Rwanda na Barbados akamaro, zirimo umubano mwiza usanzwe hagati y’ibihugu byombi.

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Mozambique zifitanye amasezerano y’ubufatanye mu guteza imbere umutekano, kurwanya ibyaha no guhererekanya abakekwaho ibyaha.

Hashingiwe ku masezerano y’umutekano, mu 2021 u Rwanda rwohereje ingabo mu ntara ya Cabo Delgado ya Mozambique kugira ngo zihagarike ibikorwa by’iterabwoba byari byaratumye abaturage benshi bahunga.

Mu myaka hafi ine ingabo z’u Rwanda zimaze muri Mozambique, zasenye ibirindiro bihoraho by’umutwe w’iterabwoba wa Ansar al Sunnah, zicyura abaturage, ndetse zatangiye gufasha Mozambique kubaka inzego z’umutekano zayo.

Kuri Guverinoma ya Barbados, ifitanye n’iy’u Rwanda amasezerano y’ubufatanye mu guteza imbere ingendo zo mu kirere, arebana no kuba sosiyete ya RwandAir yakorera ingendo muri Barbados.

Barbados ni ikirwa kiri mu karere ka Caraïbes. Ifite ubuso bwa kilometero kare 439. Ni igihugu cyateye imbere mu bukerarugendo kandi kizi kureshya abashoramari b’abanyamahanga.

Perezida Kagame na Chapo baganiriye ku kwagura ubufatanye bw'u Rwanda na Mozambique
Perezida Kagame na Daniel Chapo wa Mozambique bahuriye i Addis Abeba muri Ethiopia
Perezida Kagame yanahuye na Mia Mottley, Minisitiri w'Intebe wa Barbados
Perezida Kagame na Mia baganiriye ku mubano mwiza usanzwe hagati y'u Rwanda na Barbados

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .