00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yaganirije abasirikare, abapolisi n’abacungagereza barenga 6000 batorezwaga i Gabiro

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 25 August 2025 saa 05:48
Yasuwe :

Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Perezida Paul Kagame yaganirije abasirikare, abapolisi ndetse n’abacungagereza barenga 6000 barangije imyitozo bakoreraga mu kigo cya gisirikare cya Gabiro kiri mu Ntara y’Iburasirazuba.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byasobanuye ko iki kiganiro cyabaye kuri uyu wa 25 Kanama 2025 ubwo aba bakozi b’inzego eshatu z’umutekano barangizaga imyitozo ya gisirikare.

Bigaragara ko ubwo Perezida Kagame yaganirizaga aba bakozi barimo abofisiye, yari yambaye impuzankano y’ingabo z’u Rwanda (RDF).

Abofisiye batorezwaga muri iki kigo, beretse Perezida Kagame amasomo bakuye muri iyi myitozo, arimo ajyanye n’uburyo bwo kuyobora urugamba.

Perezida Kagame yari kumwe n'abarimo Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga
Umukuru w'Igihugu yasuye aba bofisiye mu kigo cy'imyitozo ya gisirikare cya Gabiro
Abofisiye barangije imyitozo beretse Perezida Kagame amasomo bize
Abasirikare, abapolisi n'abacungagereza barenga 6000 ni bo barangije iyi myitozo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages