00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame, Oligui Nguema na Tinubu mu bazitabira ‘Africa CEO Forum izabera i Kigali

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 21 April 2026 saa 02:49
Yasuwe :

Perezida Paul Kagame Perezida wa Gabon, Brice Oligui Nguema, uwa Nigeria Bola Ahmed Tinubu, abaminisitiri b’intebe b’ibihugu bitandukanye n’abandi bayobozi bategerejwe mu nama ya Africa CEO Forum igiye kubera i Kigali muri Gicurasi 2026.

U Rwanda rugiye kwakira inama ihuza abayobozi b’ibigo bitandukanye, abashoramari n’abanyapolitike baturutse muri Afurika ndetse no hirya no hino ku Isi, izwi nka ‘Africa CEO Forum’.

Biteganyijwe ko iyi nama izitabirwa n’abarenga 2500. Iteganyijqwe kuva ku wa 14 kugeza 15 Gicurasi 2026 muri Kigali Convention Center.

Mu batangajwe bazayitabira harimo Perezida Kagame, Clotaire Oligui Nguema, Bola Tinubu, Minisitiri w’Intebe wa Mozambique, Maria Benvinda Levi, Robert Beugré Mamba wa Côte d’Ivoire, uwa Guinea, Amadou Oury Bah n’abayobozi b’ibigo bitandukanye.

Mu bayobozi bategerejwe muri iyi nama harimo uwa IFC, Makhtar Diop, uwa BADEA, Abdullah Almusaibeeh, uwa Mastercard Foundation Ewit Ahderom, uwa AfDB, Sidi Ould Tah, uwa Banki y’Iterambere yo mu Burengerazuba bwa Afurika BOAD, Serge Ekue, uwa RDB, Jean Guy Africa, Visi Perezida w’Ikigo cya Schneider Electric, Manish Pant, Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya BUA Group na Aliko Dangote.

Iyi nama kandi izaba irimo Perezida wa ACWA Africa, Hashim Ghabashi, Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Diane Karusisi, Perezida wa AGL, Philippe Labonne, Umuyobozi Mukuru wa AMSONS Group, Edha Nahdi, Umuyobozi Mukuru wa Equity Group Holdings Limited.

Africa CEO Forum ni inama izenguruka mu bihugu bya Afurika. U Rwanda rugiye kuyakira ku nshuro ya Gatatu kuko ku nshuro ya mbere rwayakiriye mu 2019, rwongera kuyakira mu 2024.

Itegurwa n’ikigo Jeune Afrique Media Group gifite ikinyamakuru Jeune Afrique, gifatanyije na Sosiyete y’Abasuwisi, Rainbow Unlimited izobereye mu gutegura inama zikomeye zijyanye n’ubukungu.

Ni inama mpuzamahanga ihuriza hamwe abavuga rikumvikana mu rwego rw’abikorera muri Afurika barimo abacuruzi bakomeye, abayobozi b’ibigo, abashoramari n’abandi.

Ikigo cy’Ubucuruzi na cyo cyemererwa kwitabira kigomba kuba nibura ku mwaka cyinjiza miliyoni 20 z’amayero.

Mu 2024 ubwo Perezida Paul Kagame yafunguraga ku mugaragaro Africa CEO Forum
Africa CEO Forum ihuza abantu barenga 2000
Aliko Dangote azitabira Africa CEO Forum izabera i Kigali muri Gicurasi 2026

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages