Ibi byabaye mu ijoro rishyira ku wa Gatandatu, mu Murenge wa Kabatwa, Akagari ka Rugarama ho mu Mudugudu wa Karambi.
Amakuru yamenyekanye mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, tariki 16 Gicurasi 2026, ubwo nyiri izi nka, Turatsinze Jean de Dieu, yari agiye kuziha ubwatsi asanga imwe yapfuye indi iri gusamba.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabatwa, Musirikare Albert yabwiye IGIHE ko “Bazitemye ejo hashize mu ijoro, nyirazo agiye kuzisura mu gitondo asanga imwe yapfuye indi iri gusamba, nibwo yahamagaye ubuyobozi tujyayo, dutangira gushakisha duhereye ku bafitanye ikibazo ndetse hafatwa bane baherukaga kumwigambaho ko bazamuhombya ibintu bifite agaciro katari munsi ya miliyoni 2 Frw, iperereza riracyakomeje.”
Amakuru IGIHE yamenye ni uko abafashwe bavugaga ko nyir’inka yigeze kubibira ibirayi, mu gihe gishize. Umukuru muri bo afite imyaka 44, umuto akaba afite imyaka 18.
Gitifu Musirikare yaboneyeho gusaba abaturage kurushaho kugira umuco wo gutabarana, abafitanye ibibazo bakagera ubuyobozi bukabafasha kubikemura.
Yakomeje abashima kuko bamaze gukusanya agera kuri miliyoni 3 Frw kugira ngo mugenzi wabo watemewe inka akomeze gutunga.
Abafashwe kuri ubu bafungiye kuri RIB Sitasiyo ya RIB ya Kabatwa, mu gihe iperereza rikomeje.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!