00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ni Ubunani bwacu- Abanyarwanda baba muri Mozambique bizihije Umuganura

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 17 August 2026 saa 09:58
Yasuwe :

Abanyarwanda baba muri Mozambique n’inshuti zabo bizihije umunsi w’Umuganura ku wa 16 Kanama 2026, bishimira umusaruro bagezeho mu mwaka ushize, bagaragaza ko bafata uyu munsi nk’Ubunani.

Ibi birori byabanjirijwe n’umukino w’umupira w’amaguru wahuje amakipe abiri y’Abanyarwanda baba muri Mozambique watangiwemo igikombe n’imidali.

Nyuma y’uyu mukino, ibirori byakomereje mu cyumba cy’inama ahitwa Kayakwanga mu Mujyi wa Maputo, bihuza Abanyarwanda n’inshuti barenga 450.

Mu Rwanda, umunsi w’Umuganura wizihijwe tariki ya 7 Kanama 2026. Abanyarwanda baba mu mahanga na bo bawuteguye by’umwihariko, bategura kuwizihiza mu minsi itandukanye.

Umuyobozi w’umuryango w’Abanyarwanda baba muri Mozambique, Nsengimana Justin, yasobanuye ko bahisemo kujya bizihiza uyu munsi mukuru tariki ya 16 Kanama buri mwaka.

Ati “Uyu munsi ku itariki ya 16 Kanama ni bwo twabonye ko bikwiye ko natwe nk’Abanyarwanda dutuye muri Mozambique twizihiza umunsi w’Umuganura.”

Abanyarwandakazi baganuje imiryango 12 itishoboye yo muri Mozambique, bayiha ibiribwa ndetse n’ibyifashishwa mu gutegura amafunguro birimo amavuta yo guteka.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Mozambique, Col (Rtd) Donat Ndamage, yagaragaje ko Umuganura ari umunsi ukomeye mu mateka y’Abanyarwanda, kuko ubahuza, bakishimira umusaruro bagezeho mu mwaka wose.

Yagize ati "Ni nko gushima icyo twagezeho. Umwaka w’Abanyarwanda watangiraga bagiye gutangira irindi hinga kuko ibikorwa bya mbere byari ubuhinzi n’ubworozi. Ubu natwe ni nk’aho twishimira umwaka. Ubu ni Ubunani bwacu turimo."

Ibi birori byapfundikiwe n’igikorwa cy’ubusabane ndetse no gucika akadiho k’indirimbo z’abahanzi b’Abanyarwanda.

Ibirori by'umunsi w'Umuganura muri Mozambique byabimburiwe n'umukino w'umupira w'amaguru
Nyuma y'umukino bakomereje mu birori nyirizina
Abanyarwandakazi baba muri Mozambique binjije ibyo baganuje imiryango y'abatishoboye muri Mozambique
Abagabo bahuriye ku ntango
Abana baganujwe amata nk'umusaruro uva ku bworozi bw'inka
Nsengimana Justin yavuze ko Abanyarwanda baba muri Mozambique bizihiza umunsi w’Umuganura tariki ya 16 Kanama
Ambasaderi Col (Rtd) Donat Ndamage yavuze ko Umuganura ari Ubunani bw’Abanyarwanda
Hakurikiyeho gucinya akadiho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages