Ibi Dr. Murangira yabigarutseho ubwo yasubizaga umwe mu bakoresha urubuga rwa X, wasabye ko hatangira iperereza kuri Kayitesi Yvonne uzwi nka Tessy cyangwa umugabo we Shizzo, abashinja kwibasira abafana b’ikipe ya Rayon Sports.
Mu kumusubiza, Dr. Murangira yibukije uyu ukoresha urubuga rwa X ko, nubwo Tessy yasabye imbabazi, abantu badakwiye gukoresha RIB nk’igikangisho.
Ati “Usibye ko yasabye imbabazi ku magambo avuga ko atari meza yakoresheje, ndajya inama ko RIB yacu kandi yanyu itakoreshwa nk’igikangisho. Reka twese duharanire ko itaba urwego rukangitse, ahubwo ikaba urwego rwubashywe, byose ku neza ya rubanda.”
Nubwo ku rundi ruhande Tessy yasabye imbabazi, ku mbuga nkoranyambaga ntabwo yorohewe n’abakunzi ba Rayon Sports, kuko uretse we wise abafana ba Rayon Sports ‘abaturage’, umugabo we Shizzo yongeyemo umuriro.
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Shizzo wababajwe n’uburyo abafana ba Rayon Sports bibasiye umugore we, na we ntiyaboroheye, kuko yageze aho akabita injiji.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!