Gutangaza ubwo bufatanye ku mugaragaro byabereye i Kigali ku mugoroba w’itariki 28 Gicurasi 2026 ariko hashize amezi make iyo gahunda itangiye.
Umuyobozi ushinzwe Ubucuruzi muri NCBA Rwanda, Nkubito Samuel yavuze ko ubwo bufatanye bugamije korohereza abantu gutunga imodoka zigezweho zikoresha amashanyarazi haba izo kugendamo n’izo gukoresha mu buryo bwa taxi nta nzitizi y’amikoro.
Ati “Dushaka gutanga umusanzu muri gahunda ya Leta yo kwimakaza ikoreshwa ry’ibinyabiziga bidahumanya ikirere kandi Dongfeng ikora imodoka nyinshi zikoresha amashanyarazi kandi zishimirwa n’abakiliya.”
Yagaragaje ko izo modoka ari mberabyombi haba mu zo kugendamo z’abantu ku giti cyabo ndetse n’izo gukoresha nka taxi kandi ko kuzitanga ku nguzanyo ari igisubizo.
Ati “Hari imbogamizi ijyanye n’amafaranga abashaka izi modoka nko mu buryo bwa taxi bagiraga kuko akenshi bakwa nka 20% y’agaciro k’imodoka babanza kwishyura. Twe nta yo kubanza kwishyura tubasaba tubaha amafaranga yose nk’umwenda kandi uhendutse bagatangira kwishyura nyuma y’ukwezi kandi haba harimo n’ikiguzi cy’ubwishingizi bwa SONARWA.”
Imodoka zizajya zitangwa ku nguzanyo binyuze mu kigo gicuruza imodoka za Dongfeng mu Rwanda cyitwa Longtai Group kandi abazikeneye bose n’abadasanzwe ari abakiliya ba NCBA bemerewe iyo serivisi.
Icyo NCBA ikora nyuma yo kwakira ubusabe bw’ushaka imodoka ku nguzanyo ni ugusuzuma amafaranga yinjiza bakavugana ayo azagenda yishyura ndetse abadahembwa ku kwezi bashobora kuvugana kujya bishyurwa nyuma y’ikindi gihe runaka ariko kitarenze umwaka.
Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri Longtai Group Rwanda, Irareba François Regis yavuze ko mu gihe bamaze bakorana na NCBA Rwanda mu guha abantu imodoka ku nguzanyo bishyura mu byiciro, babonye bitanga umusaruro kuko izirenga 100 ziganjemo izikoreshwa nka taxi zimaze kugurwa.
Ikindi yagaragaje ni uko borohereza cyane abashaka kuva ku modoka zikoresha ibikomoka kuri peteroli bajya ku z’amashanyarazi.
Ati “Ibikomoka kuri peteroli byarahenze rero usanga abashaka kuva ku modoka zikoresha ibikomoka kuri peteroli bajya ku z’amashanyarazi bibasaba kuzigurisha ariko ayo babaha ntagura iz’amashanyarazi. Baraza rero bakayabishyura mu byiciro kandi kuko dukorana n’uruganda rwa Dongfeng tubaha garanti y’imyaka ibiri iyo imodoka igize ikibazo mbere tubakemurira ikibazo yagize.”
Umuyobozi wa Dongfeng muri Afurika, Mr Liao yavuze ko isoko ry’u Rwanda ry’ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi riri kurushaho kwaguka mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba.
Ngendahimana Aphrodis usanzwe ari umushoferi wa taxi waguze imodoka muri Longtai Group ahawe inguzanyo na NCBA Rwanda yavuze ko ari imodoka zikomeye zibasha kugenda mu misozi yo mu Rwanda kandi ikagira ikoranabuhanga rigezweho rituma yishimirwa n’abagenzi.
Yongeyeho ko indi nyungu ari uko akoresha amafaranga make ugereranyije n’ayo yakoreshaga agitwara ikoresha ibikomoka kuri peteroli ndetse no kuyishyura mu byiciro bikaba byaramworohereje kuyitunga ubu akaba atunze umuryango we.
Umuyobozi Mukuru wa Longtai Group, Zhao Xiaoyue, yavuze ko isoko ry’imodoka bacuruza muri Afurika bamaze kubona ko rihari ubu hakaba hagiye kwibandwa ku bikorwaremezo byazo mu bihugu birimo u Rwanda, Angola, Tanzania na Nigeria



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!