00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri Musafiri yashimangiye ko ibiribwa byabonetse ku buryo “n’abari baravuye ku ifiriti bayisubiyeho”

Yanditswe na Kanamugire Emmanuel
Kuya 23 January 2024 saa 07:46
Yasuwe :

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Musafiri Ildephonse, yavuze ko nyuma y’ibibazo by’ubukungu byabaye hirya no hino ku Isi no mu Rwanda by’umwihariko, byatumye ibiribwa bibura, ubu noneho icyo kibazo cyakemutse.

Yabigarutseho mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano, yatangijwe kuri uyu wa Kabiri, tariki 23 Mutarama 2024.

Yagize ati “Turi aha ngaha umwaka ushize twari dufite ibibazo bikomeye ndetse dufite n’ipfunwe. Icyo gihe ibiribwa byari biri ku kigero cya 20% (izamuka ry’ibiciro). Ni ubwa mbere byari bibayeho mu gihugu ndetse dufite n’impamvu zifatika.”

“Twavugaga intambara yo muri Ukraine, imvura mbi yadutwaye n’abantu n’imyaka iragenda; ibyo byose byatumye ibintu birushaho kuba bibi ariko mu kwishakamo ibisubizo, ubu inkuru nziza mbazaniye, turejeje mu gihugu hose, ibiryo birahari. Twejeje ibishyimbo, ibigori, ibirayi. Ku Bunani na Noheli, abantu bari baravuye ku ifiriti ubu bayisubiyeho.”

Minisitiri Dr Musafiri yashimiye abahinzi n’aborozi batanze umusanzu muri uru rugendo, abibutsa gufata neza umusaruro no kuwuhunika.

Ati “Abantu bahunike ibyo bazarya kuko ibishyimbo birahunikika, byose ntabwo ari ibyo gucuruza.”

Yavuze ko ingo 80% mu Rwanda zihagije ku biribwa, iki gipimo kikaba cyaravuye kuri 25% mu 2006 ndetse kuri ubu Umunyarwanda akaba abarirwa ko anywa litiro 78 z’amata ku mwaka zivuye kuri 20 mu 2006.

Minisitiri Musafiri yasobanuye ko icyatumye ibyo byose bigerwaho ari politiki y’igihugu igamije ko Abanyarwanda babona iby’ibanze nk’ifumbire n’imbuto, binyuze muri gahunda ya ’Nkunganire’.

Ikindi yavuze ni gahunda yo kudapfusha ubutaka ubusa, ubutarahingwaga bwose “buradukirwa” bituma hongerwa ubuso buhingwa bugera kuri hegitari ibihumbi 20.

Yavuze kandi ko abahinzi barushijeho kwegerwa, biza byiyongera ku mikoranire y’inzego zirimo Minisititeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi n’iy’Ubutegetsi bw’Igihugu binyuze mu nama yabereye i Nyamata mu Karere ka Bugesera hagamijwe guteza imbere urwego rw’ubuhinzi.

Agaruka ku ngamba zo kugabanya ibyononekara nyuma yo gusarura, yagize ati “Niko kazi kacu ka buri munsi, hari ukwigisha abahinzi uko umusaruro ufatwa. Ibyo byose ni ibintu dukorana n’abahinzi n’abagura umusaruro ngo bikorwe neza.”

Minisitiri Musafiri yatangaje ko ikibazo cy'ibura ry'ibiribwa cyakemutse

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .