Uwo munsi, abagize umuryango w’Abanyarwanda baba muri Mozambique, abakozi n’abayobozi ba Ambasade y’u Rwanda, bakurikiye ibiganiro byabereye i Kigali n’ijambo rya Perezida Paul Kagame ritangiza icyunamo n’iminsi 100 yo kwibuka.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Mozambique, Col (Rtd) Donat Ndamage n’umugore we bacanye urumuri rw’icyizere, bafata n’umwanya wo kunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Biteganyijwe ko guhera tariki ya 8 kugeza ku ya 11 Mata 2026, kuri Ambasade y’u Rwanda muri Mozambique hazajya herekanwa filime zisobanura uko Jenoside yateguwe n’uko yashyizwe mu bikorwa.
Tariki ya 12 Mata, Abanyarwanda baba muri Mozambique n’inshuti bazahurira mu gikorwa cyihariye cyo kwibuka Jenoside, kizabera muri Polana Serena Hotel iherereye mu mujyi wa Maputo.
Ambasaderi Ndamage yavuze ko ibi bikorwa bizaba kigamije gusobanurira by’umwihariko urubyiruko amateka ya Jenoside no kumenya impamvu yo kwibuka.
Yagaragaje kandi ko ibi bikorwa bizafasha Abanya-Mozambique gusobanukirwa ibihe byo kwibuka, amahanga ashishikarizwe kugeza mu butabera abakoze Jenoside bayahungiyemo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!