00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mount Kenya yatashye inyubako ya miliyoni 300Frw yitezweho guteza imbere amahoteli n’ubukerarugendo

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 3 March 2018 saa 07:14
Yasuwe :

Kaminuza yigenga ya Mount Kenya ishami ry’u Rwanda , kuri uyu wa 2 Werurwe 2018, yatashye inyubako izafasha abanyeshuri biga amasomo y’amahoteli n’ubukerarugendo kuyashyira mu ngiro.

Iyo nyubako yafunguwe aho iyi kaminuza isanzwe ikorera mu Karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali, irimo n’ibikoresho bizafasha abanyeshuri kwiga mu buryo bugezweho bimenyereza umwuga , byose hamwe bifite agaciro ka miliyoni 300 z’amafaranga y’u Rwanda.

Iyi Kaminuza iranateganya gutangiza ubufatanye na Kaminuza yitwa Utalii yo muri Kenya mu rwego rwo gukomeza guteza imbere no kugira ishami ryayo ry’amahoteli n’ubukerarugendo icyitegererezo no kubaka hoteli izajya ifasha abanyeshuri kubona aho bimenyerereza umwuga.

Umuyobozi Mukuru wungirije ushinzwe amashami ya Mount Kenya mu Rwanda, Prof. Evans Kerosi, yavuze ko ari igikorwa gikomeye kaminuza igezeho.

Yagize ati “Uyu munsi ni uw’ibyishimo kuko twatangije uburyo bwo gufasha abanyeshuri kwimenyereza ibijyanye n’amahoteli. Bizanafasha n’ikigo mu gihe kirekire kuko bazaba bafite aho bashyirira mu bikorwa ibyo biga bakabona ubumenyi bufatika[..] iyo tuganira n’abanyeshuri bacu igihe basoza amasomo yabo, tuba twizeye ko bazahita babona akazi byihuse.”

Umwarimu ushinzwe agashami k’amasomo y’amahoteli n’ubukerarugendo, Abuto Benson, yavuze ko iyo nyubako irimo n’ibikoresho igiye kuba igisubizo ku banyeshuri kuko ntawuzongera kugira ikibazo cyo kwiga mu magambo gusa.

Ambasaderi wa Kenya mu Rwanda, John Mwangemi, yavuze ko akamaro k’amashuri muri rusange ari ukuzamura ubumenyi bw’abaturage no kongera ubukungu bw’igihugu, yongeraho ko Kenya, Uganda n’u Rwanda byiyemeje gushishikariza ibihugu bihuriye mu muhora wa ruguru gukomeza guteza imbere no kuzamura ireme ry’uburenzi mu karere.

Kugeza ubu, iyi Kaminuza ifite abanyeshuri basaga 85 biga amasomo y’amahoteli n’ubukerarugendo bazahita batangira kuyikoresha.

Inyubako n'ibikoresho byayo byifashishwa mu kwiga iby'amahoteli n'ubukerarugendo yatwaye miliyoni 300Frw
Ubwo iyi nyubako yafungurwaga ku mugaragaro ku wa Gatanu tariki 2 Werurwe 2018
Abayobozi bakata umutsima nyuma yo gufungura inyubako nshya ya Mount Kenya University
Mu birori byo gutaha iyo nyubako habayemo n'ubusabane
Ibikoresho biri muri iyi nyubako byitezweho gufasha abanyeshuri biga iby'ubukerarugendo n'amahoteli kwimenyereza umwuga
Ababyinnyi basusurutsa abitabiriye umuhango wo gufungura ku mugaragaro iyi nyubako
Ambasaderi wa Kenya mu Rwanda, John Mwangemi, yavuze ko akamaro k’amashuri muri rusange ari ukuzamura ubumenyi bw’abaturage no kongera ubukungu bw’igihugu
Umuyobozi Wungirije ushinzwe amashami ya MKUR, Prof. Evans Kerosi, yavuze ko ari igikorwa gikomeye Kaminuza igezeho
Depite Rwigema Pierre Celestin, uhagarariye u Rwanda mu Nteko y'Umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba (EALA)
Oscar Kimanuka mu bitabiriye umuhango wo gufungura inyubako ya Mount Kenya University
Dr Simon Gicharu, washinze Mount Kenya University
Uyu muhango wari witabiriwe n'abantu benshi mu nzego zitandukanye

Amafoto:Niyonzima Moses


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages