00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urubyiruko rwasabwe kudashakira akazi mu byo rwize gusa

Yanditswe na Rwibutso Mukazi Sabine
Kuya 30 May 2025 saa 09:33
Yasuwe :

Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean-Nepo Abdallah, yatangaje ko urubyiruko rudakwiriye kurambiriza ku byo rwize gusa kuko umuntu ashobora no gukora indi myuga, ikamuteza imbere.

Ibi yabigaragaje ubwo hatangwaga impamyabushobozi ku cyiciro cya mbere cy’abanyeshuri b’urubyiruko bagera kuri 250 bigishijwe umwuga w’ubudozi.

Uyu muhango wabaye kuri uyu wa 29 Gicurasi 2025, aho abarangije amasomo y’uyu mwuga bashimiye igihugu cyabahaye aya mahirwe ndetse banashimira abagize uruhare mu myigire yabo.

Aya mahugurwa yatewe inkunga na Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi ku bufatanye n’umuryango w’Ubumwe bw’i Burayi (EU), Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe terambere, UNDP ndetse n’uruganda DIKAM na C&D zikora imyenda.

Umunyeshuri wahize abandi, Mbabazi Jean Bosco, avuga ko yarangirije kwiga ibaruramari mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Butare, ahagarika akazi yari afite kugira ngo yige uyu mwuga kuko yari yizeye ko uzamuhindurira ubuzima.

Ati "Ndashima cyane Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi kuko bangiriye icyizere cyo kuntoranya mu bandi bagombaga kuza kwiga iyi myuga. Bambonyemo ubushobozi bwo kubyiga kandi narabyize, narabifashe ikaba ari yo mpamvu nshima na none Leta y’u Rwanda.”

Minisitiri Utumatwishima yashimye imyitwarire y’abize uyu mwuga, abibutsa ko imirimo itaboneka mu byo abantu bize gusa, bityo ko bakwiye gushakira no mu yindi myuga.

Yagize ati “Imirimo myinshi ntabwo iboneka mu byo umuntu yize gusa. Ushobora gukora n’imirimo y’imyuga, ni yo mpamvu muri Minisiteri yꞌUrubyiruko twatekereje uburyo butandukanye bwo kubonera urubyiruko icyo gukora. Mwagiriwe kandi icyizere mu gukora ibintu bikomeye. Aho twabohereje hose mwagaragaje umusaruro n’imyitwarire myiza, ni yo mpamvu hari abo twahaye akazi.”

Aya mahugurwa yatangiwe mu ruganda DIKAM na C&D kuva mu 2024. Aba banyeshuri bose bize mu gihe cy’amezi atandatu.

Urubyiruko rwishimiye amahugurwa rwahawe y'umwuga w'ubudozi
Urubyiruko rwigishijwe uyu mwuga rurimo urwari rufite impamyabumenyi mu yandi masomo
Mbabazi Jean Bosco wahize abandi banyeshuri bagaragaje ko umwuga ushobora kumuhindurira ubuzima
Minisitiri Utumatwishima yasobanuriye urubyiruko ko mu myuga nk'ubudozi haba akazi kenshi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages