00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri Utumatwishima yasabye rubyiruko rugoreka Ikinyarwanda kugabanya "amafiyeri"

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 21 February 2025 saa 10:57
Yasuwe :

Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yanenze urubyiruko rushyira amafiyeri mu kwandika ndetse no kuvuga nabi Ikinyarwanda kandi rutananiwe kubikora neza.

Yabivuze kuri uyu wa 21 Gashyantare 2025, ubwo yari mu muhango wo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ururimi Kavukire wabereye muri Lycée de Kigali ku rwego rw’Umujyi wa Kigali.

Ni umunsi wahawe insanganyamatsiko igira iti “Twige, Tunoze Ikinyarwanda, ururimi ruduhuza.”

Minisitiri Utumatwishima yavuze ko urubyiruko rukwiye kunoza imyandikire n’imivugire y’Ikinyarwanda kuko mu myaka iri mbere ari rwo ruzajya imbere y’abantu mu mbwirwaruhame zitandukanye, avuga ko bizaba biteye isoni kubona umuyobozi utazi ururimi rwe.

Ati “Usanga mu butumwa mwandikirana hagati yanyu mwandika Ikinyarwanda uko mwiboneye cyangwa uko mushaka. Ibyo bigenda biba akamenyero ugasanga mwabifashe nk’aho ari ukuri kandi mu myaka iri imbere ni mwe muzaba muhagaze hano. Mugomba kugabanya amafiyeri mukandika ururimi rwanyu neza.”

Minisitiri yakomeje avuga ko Umunyarwanda wese akwiriye kumenya kuvuga no kwandika neza Ikinyarwanda, ashimangira ko u Rwanda rufite amahirwe kuko abarurage barwo bavuga ururimi rumwe kandi tukumvikana.

Mukasonga Scholastique usanzwe ari umwanditsi w’ibitabo, yatanze kimwe mu bitabo yanditse cyitwa "Bikira Maliya wa Nili" kigaruka ku mateka y’u Rwanda.

Yavuze ko yacyanditse agendeye ku buzima bw’umuntu kuva avutse kugera agejeje imyaka 70 kandi ko giherekejwe n’amashusho. Gikubiyemo amwe mu mateka y’u Rwanda urubyiruko rukwiye ku menya, bikaba imwe mu mpamvu yagitanze.

Yagize ati “Mu kwandika iki gitabo nibanze ku buzima bw’ikiremwamuntu kuva avutse kugeza agize imyaka 70. Narebye no ku mibanire y’abantu. Nahisemo kugitanga mu bigo by’amashuri kugira ngo abanyeshuri bajye bagisoma kuko gikubiyemo amwe mu mateka y’u Rwanda.”

Umwanditsi w’ibitabo mpuzamahanga Gaël Faye na we yahaye abayobozi b’ibigo by’amashuri igitabo yanditse mu 2016 yise ’Petit Pays’.

Cyanditswe mu Gifaransa no mu Kinyarwanda, ndetse cyatsindiye igihembo cya ’Prix Goncourt’ cyatangiwe mu Bufaransa muri uwo mwaka cyasohotsemo.

Teta Jeanne wiga mu mwaka usoza mu ishami ry’Imibare Ubugenge n’Ubutabire wiga Lycée de Kigali, yemeye ko urubyiruko rimwe na rimwe rukora amakosa mu kwandika no kuvuga Ikinyarwanda kandi atari impamvu z’uko kubikora neza byabananira ahubwo ari imyumvire y’uko ibyo bakora ntacyo bitwaye.

Ati “Usanga tuvanga indimi igihe turi kuganira cyangwa turi kwandikirana ubutumwa kuri telefone, ugasanga hari amagambo twandika mu mpine kandi atari uko kubirambura byatunaniye ahubwo ari uko byatugiyemo. Bigomba gukosoka.”

Ni ku nshuro ya 22 u Rwanda rwizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Ururimi Kavukire. Uw’uyu mwaka ku rwego rw’igihugu wizihirijwe mu Karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru, muri TTC De La Salle Byumba.

Ni ibirori byayobowe na Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène.

Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yanenze urubyiruko rugoreka Ikinyarwanda nkana
Gaël Faye usanzwe ari umwanditsi w'ibitabo, yatanze igitabo yanditse yise 'Petit Pays' cyatsindiye igihembo cya "Prix Goncourt" cyatangiwe mu Bufaransa mu 2016
Mukasonga Scholastique wanditse igitabo cyitwa "Bikira Maliya wa Nile" kigaruka k’umateka y’u Rwanda, yatanze impano y'igitabo
Urubyiruko rugoreka Ikinyarwanda rwakebuwe
Teta Jeanne wiga muri Lycée de Kigali yavuze ko urubyiruko rukora amakosa mu kwandika no kuvuga Ikinyarwanda asaba ko byakemurwa
Ibitabo byanditswe na Mukasonga Scholastique na Gaël Faye byahawe ibigo by'amashuri bitandukanye
Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yanenze urubyiruko rugoreka Ikinyarwanda nkana
Abayobozi batandukanye b'ibigo by'amashuri bahawe ibitabo byanditswe na Gael Faye na Mukasonga Scholastique
Urubyiruko rwasusurikije abitabiriye umunsi wahariwe ururimi gakondo binyuze mu mbyino gakondo
Urubyiruko rweretswe amahirwe ari mu gukoresha neza Ikinyarwanda

Amafoto: Habyarimana Raoul


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .