Amb. Nduhungirehe yari kumwe n’abandi ba minisitiri bo muri Afurika bitabiriye inama ihuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane muri Afurika na Korea.
Ibiganiro Perezida wa Koreya y’Epfo, Lee Jae-Myung, yagiranye n’abo ba minisitiri bo mu bihugu bitandukanye muri Afurika, byibanze ku guteza imbere imikoranire hagati y’impande zombi ndetse no kurebera hamwe amahirwe mashya y’imikoranire.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane mu Rwanda, yatangaje ko Koreya ari umufatanyabikorwa w’ingenzi mu iterambere ry’Igihugu.
Umubano w’u Rwanda na Koreya y’Epfo ni mwiza na cyane ko impande zombi zifitanye imikoranire mu nzego zitandukanye zirimo ikoranabuhanga, ubucuruzi, ishoramari, uburezi no kubakira ubushobozi abakozi.
Mu kiganiro Amb Nduhungirehe yatanze, yeretse amahanga ko mu Rwanda hari amahirwe y’ishoramari mu nzego zitandukanye zirimo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’urwego rw’ingufu.
Amb. Olivier Nduhungirehe kandi yanagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Algerie, Ahmed Attaf, mu biganiro byibanze ku kurushaho gushimangira ubufatanye bw’ibihugu byombi mu rwego rwa dipolomasi, imikoranire myiza, no guteza imbere umubano mwiza ugamije inyungu zihuriweho.
Muri Koreya y’Epfo kandi, Amb. Nduhungirehe yanagiranye ibiganiro n’Abanyarwanda baba muri icyo gihugu bahuriye mu mujyi wa Seoul.
Muri ibyo biganiro habayeho kungurana ibitekerezo ku iterambere ry’u Rwanda, ibyo igihugu gishyizemo imbaraga n’uruhare rw’umusanzu w’Abanyarwanda baba mu mahanga mu kubaka igihugu.
Minisitiri Amb. Nduhungirehe kandi yanabasangije kuri Politiki y’ububanyi n’amahanga u Rwanda rushyize imbere n’imbaraga rukomeje gushyira mu bafatanyabikorwa batandukanye bakomeje gushyigikira gahunda y’iterambere ry’Igihugu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!