Ni ubutumwa yatangiye mu Murenge wa Muhima ku wa Gatandatu nyuma y’Umuganda usoza ukwezi kwa Gashyantare 2026.
Minisitiri Amb. Nduhungirehe, yerekanye ko u Rwanda ruzwi na benshi mu bihugu by’amahanga, kubera umuyobozi warwo, isuku n’umutekano.
Yibukije ko igihugu gifite umutekano kandi kirangwa nawo umunsi ku wundi, asaba abaturage gukomeza kugira uruhare mu kuwubungabunga.
Ati “U Rwanda nk’uko mubizi ni igihugu kirangwa n’umutekano, nubwo mu Karere dutuyemo hakiri ibibazo by’umutekano ariko u Rwanda rwo rurangwa n’umutekano.”
Yakomeje agaragaza ko umutekano ugomba kwitabwaho no gusigasirwa atari uwo ku mubiri gusa, ahubwo n’umutekano ushingiye ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga rikomeje kwaguka ukwiye gushyirwamo imbaraga.
Ati “Ntabwo ari umutekano wo ku mubiri gusa, haba n’umutekano muri ibi byuma by’ikoranabuhanga dukoresha. Ndabona mwese mufite telefone ariko n’abana banyu bato barazikoresha. N’ubu mwicaye aha hari bamwe barimo bazikoresha ariko ntimuzi uko bazikoresha, ibyo barimo bareba n’abo barimo kuvugana nabo. Umutekano w’ikoranabuhanga na wo tugomba kuwitaho kuko ni umutekano w’abana bacu.”
Amb Nduhungirehe, yasabye abaturage b’Umujyi wa Kigali gukomeza kurangwa n’umurimo unoze, kugira isuku no gukomeza gusigasira umutekano.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!