00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Lindsey Hilsum yakomoje ku butumwa yahawe n’uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 1 April 2025 saa 12:02
Yasuwe :

Umunyamakuru wa televiziyo Channel 4 News mu Bwongereza, Lindsey Hilsum, yatangaje ko yibuka ubutumwa yahawe n’umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 kugira ngo azabugeze ku umugabo we.

Hilsum w’imyaka 66 y’amavuko yabwiye BBC ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yabaye amaze amezi abiri akorera mu Rwanda, bityo yari amaze kuhagira inshuti.

Yasobanuye ko ubwo Jenoside yatangiraga, yahamagawe cyane n’izo nshuti ze zirimo uwitwa Monica wari ufite abana bane, ngo abatabare gusa avuga ko atabashije kugira icyo abafasha.

Yagize ati “Nari mbizi ko bigiye kuba bibi, kandi nari mbizi ko hagiye kuba ubwicanyi. Rero ntabwo byari kuba ari byiza kwitwara (mu modoka) njyenyine mu iryo joro, ndetse ahubwo namaze iminsi ntasohoka mu nzu.”

Hilsum yasobanuye ko icyo gihe Monica yumvise ko gutabarwa bitagikunze, amuha ubutumwa azaha umugabo we.

Yagize ati “Nanditse amagambo ya nyuma ya Monica kubera ko umugabo we Marcel atari ahari, kandi yashakaga ko nzayaha umugabo we.”

Hilsum avuga ko Monica yaje kurokoka ariko abana be bane baricwa. Yasobanuye ko iyo yari iminsi igoye cyane.

Lindsey Hilsum yabaye umunyamakuru mu bihugu byinshi byaranzwe n’umutekano muke birimo: Syria, Iraq, Ukraine n’u Rwanda.

Lindsey Hilsum yagaragaje ko yabuze uko ajya gutabara Monica na bagenzi be

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .