Uyu mubyeyi yibarutse aba bana mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ku wa Mbere tariki ya 27 Nyakanga 2026, abyarira mu Bitaro by’Akarere ka Kirehe.
Ubusanzwe uyu mubyeyi ni impunzi yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo akaba yari asanzwe afite abana bane we n’umugabo we. Kuri ubu yungutse abandi bana bane barimo abakobwa babiri n’abahungu babiri.
Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe Wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Mukandayisenga Janviere, yabwiye IGIHE ko uyu mubyeyi wabyaye abana bane bose bameze neza ndetse na we akaba ameze neza.
Ati “Twabasuye rero mu kureba uko ameze dusaba abaganga gukomeza kubitaho kugira ngo ubuzima bwabo bukomeze kugenda neza. Twanamuhaye ibikoresho birimo imyambaro n’amata kugira ngo akomeze agire ubuzima bwiza. Twanakoranye n’abafatanyabikorwa kugira ngo abana bazakomeze kwitabwaho babone amata ya buri munsi nubwo yagera mu rugo kuko abana bane ntabwo yabahaza wenyine.’’
Uyu muyobozi yavuze ko bari kuvugana na Minisiteri y’Ubutabazi kugira ngo uyu muryango uhabwe inka n’ibindi nkenerwa by’ibanze mu rwego rwo kuwushyigikira no kurushaho kurera neza aba bana.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!