00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kamonyi: Ikamyo yagonze bisi itwara abanyeshuri, batanu barakomereka cyane

Yanditswe na Theodomire Munyengabe, Utuje Cedric
Kuya 21 February 2025 saa 12:59
Yasuwe :

Ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO yagongeye mu Murenge wa Rugarika mu Karere ka Kamonyi, bisi nto yiteguraga kujyana abana ku ishuri mu gitondo cyo kuri uyu wa 21 Gashyantare 2025.

Iyi kamyo yavaga mu cyerekezo cya Muhanga, ijya mu mujyi wa Kigali, yari itwaye imbaho. Yarenze uruhande rwayo, isanga iyi bisi ihagaze ku cyapa giherereye mu Kagari ka Sheli, aho yashyiragamo abanyeshuri, irayikubita, iyirenza umuhanda.

Umuturage witwa Iraguha Prudence yagize ati “Uburyo impanuka yabaye buratangaje kubera ko umushoferi utwara imodoka itwara abanyeshuri yari amaze gushyiramo abanyeshuri 13, ari kubicaza neza. Ni bwo iyi kamyo yavuye ruguru mu ruhande rwayo, maze iraza igonga iyo modoka, ihita iyirenza umuhanda.”

Iraguha yasobanuye ko uyu mushoferi yari afite mu ikamyo amacupa y’inzoga zo mu bwoko bwa liqueur, igihamya cy’uko yari atwaye iyi modoka yasinze bikabije.

Bagirubwira Laurien usanzwe ukorera hafi y’aho impanuka yabereye, yasobanuye ko imbangukiragutabara eshatu zahise zihagera, zitwara abakomeretse kugira ngo bitabweho n’abaganga.

Yagize ati “Imbangukiragutabara zirenga eshatu zahise zihagera, aho zatwaye abanyeshuri bakomeretse ndetse n’umushoferi wari uyitwaye bahise bajyanwa kwa muganga.”

Umuvugizi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SP Emmanuel Kayigi, yatangarije IGIHE ko iyi mpanuka yabaye Saa Kumi n’Ebyiri n’Igice z’igitondo, kandi ko nta witabye Imana.

Yasobanuye ko abari muri iyi bisi bakomeretse, barimo batanu bakomeretse cyane, bajyanywe mu bitaro bya Remera-Rukoma no muri CHUK.

Ati “Ku bw’amahirwe nta witabye Imana ariko harimo abakomeretse bikomeye bagera kuri batanu.”

SP Kayigi yasobanuye ko iyi mpanuka yaturutse ku businzi bw’umushoferi w’ikamyo, kuko nyuma yo kumupima ibisindisha, byagaragaye ko mu maraso ye harimo ibiri ku gipimo cya dogere 400; kiri hejuru cyane kuko ikiringaniye kiba kiri munsi ya dogere 80.

Ati “Icyateye impanuka ni ukugenda nabi mu muhanda biturutse ku businzi kuko umushoferi wari utwaye iyo modoka ya FUSO yari ipakiye imbaho, aho agera agata umuhanda akajya mu kindi gisate, ni ibyo yanyoye, ni umunaniro, ni byinshi.”

SP Kayigi yasabye abakoresha umuhanda kwirinda amakosa nk’ayakozwe n’umushoferi w’ikamyo, bakibuka ko atari bo bonyine bakoresha umuhanda. Yanasabye abantu kujya bamenya ko umutekano uri mu nshingano zabo, bagatanga amakuru mu rwego rwo gukumira ibyago.

Umushoferi wari utwaye iyi kamyo ya FUSO afungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Runda mu Karere ka Kamonyi, mu gihe agikurikiranwa.

Iyi kamyo yakubise bisi nto itwara abanyeshuri ku gice cy'imbere, iyita munsi y'umuhanda
Polisi y'u Rwanda yasobanuye ko umushoferi w'iyi kamyo yari yasinze
Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu
Igice cy'imbere cy'iyi bisi nto cyangiritse bikomeye
Polisi yatabaye bwangu nyuma yo kumenya ko habaye impanuka
Iyi kamyo yari yikoreye imbaho, yerekezaga i Kigali
Iyi kamyo yagushije urubavu rw'ibumoso
SP Kayigi yasabye abaturage kujya batanga amakuru yakumira impanuka nk'iyi

Amafoto: Munyemana Isaac


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .