00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kaminuza y’u Rwanda yakiriye abanyeshuri bashya bafashwa na Mastercard Foundation

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 8 March 2025 saa 09:57
Yasuwe :

Kaminuza y’u Rwanda yakiriye abanyeshuri bashya 196 bafashwa n’umushinga w’uburezi wa Mastercard Foundation, barimo abo mu Cyiciro cya Mbere cya Kaminuza 160 ndetse na 36 bo mu cya gatatu.

Mastercard Foundation ifasha abanyeshuri b’abahanga, kwiga ari no kongera ubumenyi bwo kuzaba abayobozi beza b’ejo hazaza.

Benshi mu banyeshuri bafashwa biganjemo abakobwa biga siyansi, abafite ubumuga, impunzi ndetse n’abaturuka mu bindi bihugu bitandukanye muri Afurika.

Mu byo aba banyeshuri bafashwa harimo kwishyurirwa amafaranga y’ishuri, abatunga, guhabwa amahugurwa yihariye abatyaza mu nzego zitandukanye, haba amasomo n’indangagaciro z’ubuyobozi.

Hari kandi guhabwa ibikoresho by’ishuri byose bikenerwa, gufashwa kubungabunga ubuzima bwabo bw’imitekerereze, imibereho rusange isanzwe n’ibindi.

Umwe mu banyeshuri biga muri Kaminuza y’u Rwanda binyuze muri uyu mushinga, Mutimutuje Daniella Dewelly, yavuze ko ashimira Mastercard Foundation uburyo ibafasha kubona ibikenerwa byose kugira ngo bige neza kandi afashwe kugera ku ntego ze bityo azanagirire igihugu n’Isi akamaro.

Ati “Duhabwa byose dukeneye kugirango twige neza. Duhabwa kandi gahunda zitandukanye zidufasha kubona ubumenyi n’indangagaciro zo kuba abayobozi beza b’ejo hazaza, bityo tukazabasha no kugirira aho duturuka akamaro.”

Umuyobozi wa Mastercard Foundation, Kamanzi Elisee yagaragaje ko intego z’uyu mushinga ari uguha amahirwe yo kwiga abatabasha kuyabona mu buryo bworoshye, binyuze muri Kaminuza zitandukanye zikomeye hirya no hino ku isi harimo na Kaminuza y’u Rwanda.

Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’u Rwanda, Assoc. Prof. Kayihura Muganga Didas, yavuze ko biteze byinshi kuri aba banyeshuri bafashwa na Mastercard Foundation kandi bakaba koko batarangiye no kubigaragaza.

Ati “Tubitezeho kuzavamo abayobozi beza bazagirira akamaro igihugu n’imiryango yabo, bagateza imbere Afurika ndetse n’Isi muri rusange kuko bahabwa bikenewe byose ngo bige neza kandi bagere ku ntego zabo.”

Umujyanama muri Minisiteri y’Uburezi, Eng. Gatabazi Pascal, wari uhagarariye Minisitiri w’Uburezi muri uyu muhango, yashimiye Kaminuza y’u Rwanda ku ruhare ikomeje kugira mu guha urubyiruko ubumenyi rukeneye mu kunoza umurimo bigendanye n’uburyo n’ibisabwa ku isoko ry’umurimo.

Umushinga w’Uburezi wa Mastercard Foundation muri Kaminuza y’u Rwanda watangiye mu 2021. Ugamije gufasha abanyeshuri 1200 mu gihe cy’imyaka myaka 10. Kuri ubu, Kaminuza y’u Rwanda imaze kwakira abanyeshuri hafi 500.

Abanyeshuri 492 nibo bamaze gufashwa kwiga muri Kaminuza y’u Rwanda binyuze muri uyu mushinga
Ibyishimo byari byinshi ubwo hatangwaga buruse ku banyeshuri bashya
Abanyeshuri bafite ubumuga butandukanye na bo ntibahejwe binyuze muri uyu mushinga
Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’u Rwanda, Prof. Kayihura Muganga Didas, yasabye abanyeshuri bahawe inkunga binyuze muri uyu mushinga kubyaza umusaruro amahirwe bahawe
Umuyobozi wa Mastercard Foundation, Kamanzi Elise, yagaragaje ko intego z’uyu mushinga ari uguha amahirwe yo kwiga kubatabasha kuyabona byoroshye
Umujyanama muri Minisiteri y’Uburezi, Eng Gatabazi Pascal, yari yitabiriye uyu muhango wo gutanga buruse ku banyeshuri 196

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .