00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyanza: Unity Club yasangiye n’Intwaza iminsi mikuru isoza umwaka

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 19 December 2025 saa 12:20
Yasuwe :

Abanyamuryango ba Unity Club Intwararumuri bifatanyije n’Intwaza zo mu Rugo rw’Impinganzima rwa Nyanza, bishimira iminsi mikuru isoza umwaka wa 2025 n’itangira uwa 2026.

Ni mu gikorwa cyo kwifuriza Noheli Nziza n’Umwaka Mushya wa 2026, Ababyeyi b’Intwaza 58, batuye mu rugo rw’Impinganzima rwa Nyanza, mu Murenge wa Rwabicuma, Akagari ka Mushirarungu.

Iki gikorwa gisanzwe kiba buri mwaka, gikorwa na Unity Club Intwararumuri hagamijwe kuba hafi Intwaza no kubereka ko bitaweho kandi bari mu gihugu kibazirikana.

Umukozi wa Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), inafite mu nshingano ingo z’Impinganzima, Rutayisire Théoneste, yagaragaje ko nyuma y’amateka mabi babayemo bakomeje gutwaza.

Yashimiye ababyeyi bari mu ngo z’Impinganzima ko baharaniye kubaho kandi bakagira n’ibikorwa bitandukanye bakora birimo uturimo two mu rugo nko gukora amasuku, ubukorikori n’ibindi.

Ati “Aba babyeyi bitabira umuganda, bafatanya n’abaturanyi babo mu bikorwa byo kubaka u Rwanda nko gutanga inkunga y’amafaranga y’ifunguro ry’abana ku ishuri izwi nka ‘school feeding’ n’ibindi. Urugo rw’Impinganzima, abarurimo ntibari ku karwa kabo bonyine ahubwo ni abaturage nk’abandi.”

Karekezi Eugène wari uhagarariye abatuye mu Rugo rw’Impinganzima rwa Nyanza, yavuze ko gusurwa no guhabwa iminsi mikuru bibanezeza cyane, ndetse anatanga intashyo kuri Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame zibifuriza Noheli nziza n’umwaka mushya.

Ati “Kera baravugaga ngo nta myaka ijana ariko twe tuzayirenza. Ibi tubikesha igihugu cyiza. Twe dufite indatwa zidukamirwa buri munsi kuko zimwe ziteka izindi zibyara, ni bwo buzima bwiza mubona dufite. Uko mubona dukeye ku mubiri, ku mutima ho ni byiza kurenza ibyo mubona.”

Ati “Mudutumikire kuri Perezida Kagame na Madamu we muti ‘umwaka mushya muhire w’ibyishimo n’amahoro n’uburumbuke’.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Kajyambere Patrick, yashimiye ubuyobozi bukuru bw’igihugu bwatekereje gusindagiza intwaza mu masaziro yabo, avuga ko babereye umugisha ukomeye ku batuye mu Karere ka Nyanza.

Visi Perezida wa Sena, Solina Nyirahabimana, yavuze ko mu bikorwa nyamukuru by’umwaka Unity Club Intwararumuri igira harimo gusangira no kwifuriza Noheli nziza n’umwaka mushya muhire ababyeyi b’Intwaza bo mu Mpinganzima ya Bugesera, Huye, Rusizi na Nyanza.

Yagaragaje ko Unity Club Intwararumuri mu gihe nk’iki ishimira inzego zitandukanye zita ku buzima n’imibereho myiza y’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, anashimira abaturanyi babo.

Ati “Turashimira abafatanyabikorwa bacu badufasha mu bikorwa byo kwita ku Ntwaza. Ubufatanye bwanyu butuma ibikorwa nk’ibi bishoboka kandi bigakomeza kuba byiza kurushaho.”

“Turabasaba gukomeza gushyira imbere ubuzima n’imibereho myiza byabo, kugira ngo uru rugo rw’Impinganzima rukomeze kuba igisubizo ku buzima n’imibereho myiza by’abahatuye.”

Kuva muri Mutarama 2026, uru rugo ruzagurwa, kugira ngo rukomeze kwakira abandi babyeyi.

Urugo rw’Impinganzima rwa Nyanza rwatangiye guturwamo ku wa 3 Nyakanga 2015, rukaba rutuwemo n’ababyeyi 58, barimo abasaza batandatu n’abakecuru 52.

Abarimo Intwararumuri Mugenzi Patrice na Uwacu Julienne bari bitabiriye ibi birori
Abaturanyi b'urugo rw'Intwaza na bo bari bitabiriye ibi birori
Banakase umutsima mu rwego rwo kwishimira umwaka ushize n'undi ugiye gutangira
Habayeho n'umwanya wo gucinya akadiho
Ibiganiro by'Intwaza biba byuje impanuro ku buryo buri wese aba abiteze amatwi
Ibyishimo byari byose
Intwararumuri Dr. Nyiramirimo Odette yishimanye n'Intwaza bacinyana n'akadiho
Intwararumuri Nyirahabimana Soline, yavuze ko Unity Club Intwararumuri ihorana intego yo kunezeza Intwaza igihe cyose
Intwaza Karekezi Eugène, wavuze mu izina ry'abandi babyeyi yatanze intashyo kuri Perezida Kagame na Madamu we, anabifuriza umwaka mushya wa 2026
Intwaza na bo bagize igihe cyo guha impano z'iminsi mikuru abana b'abaturanyi
Intwaza zishimiye impano z'iminsi mikuru zahawe
Intwaza zo mu Mpinganzima ya Nyanza zashimiye Intwararumuri zabahaye Noheli n'Ubunani
Itsinda ry'abafatanyabikorwa ba Unity Club Intwararumuri ryitwa 'Ubudasa', na bo bari baje kwifatanya n'Intwaza zo mu rugo rw'i Nyanza
Kabahizi Théoneste, wari uyoboye intsinda ry'inshuti za Unity za Unity Club Intwararumuri, na we yashyikirije impano umwe mu babyeyi b'Impinganzima ya Nyanza
Meya w'Akarere ka Nyanza, Kajyambere Patrick, yavuze ko Intwaza ari abajyanama beza kuko babera urugero benshi mu bikorwa byubaka igihugu
Umukozi wa MINUBUMWE, Rutayisire Théoneste, yashimye Unity Club Intwararumuri idahwema gufasha mu mibereho myiza y'Intwaza
Umuhanzi Mariya Yohana na we yifatanije n'Intwaza abaririmbira indirimbo zibasususurutsa
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara y'Amajyepfo, Nshimiyimana Vedaste, na we ari mu bahaye impano Intwaza
Umusizi w'Intwaza Nyirangendahimana Césarie, yavuze umuvugo ushima ibyiza bagejejweho na Unity Club Intwararumuri
Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza mu Karere ka Nyanza, Kayitesi Nadine, ubwo yasabanaga n'Intwaza ayambika ingofero ishushanya Noheli

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages