00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imyuzure imaze guhitana abantu 59 muri Côte d’Ivoire

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 1 July 2026 saa 07:57
Yasuwe :

Umuvigizi wa Giverinoma muri Côte d’Ivoire, Amadou Coulibaly, yabwiye Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu ko imyuzure imaze guhitana abagera kuri 59 abandi bagishakishwa.

Yabivuze ku ya 1 Nyakanga 2026 agaragaza ko ibikorwa by’ubutabazi bikomeje.

Iyi myuzure yatewe n’imvura nyinshi imaze igihe igwa muri iki guhugu aho guhera ku wa 29 Kamena 2026 yatangiye guteza imyuzure ikomeye mu Mujyi wa Abidjan.

Si muri Côte d’Ivoire gusa iyi myuzure y’ibasiye kuko no mu bice bitandukanye bya Ghana birimo n’Umurwa Mukuru wa Ghana, Accra n aho abagera kuri 12 bamaze kwicwa n’imyuzure.

Inzego z’ubutabazi muri Ghana zagaragaje ko ibikorwa by’ubutabazi byagoranye cyane kubera ubwinshi bw’amazi n’uburebure bwayo ku buryo byabaye ngombwa ko bitabaza ingabo ngo zibafashe mu bikorwa by’ubutabazi.

Imyuzure imaze guhitana abantu 59 muri Côte d'Ivoire

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages