00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Impunzi zisaga 400 zirimo n’Abanyarwanda zafungiwe muri Malawi

Yanditswe na Kanamugire Emmanuel
Kuya 19 May 2023 saa 10:49
Yasuwe :

Inzego z’ubutegetsi muri Malawi zatangaje ko zataye muri yombi abantu bagera kuri 400 barimo impunzi n’abasaba ubuhungiro bafatiwe mu Murwa Mukuru Lilongwe banze gusubira mu nkambi yo hanze y’umujyi.

Minisiteri y’Umutekano yatangaje ko abo bantu 408 barimo abana basaga 100, bafashwe mu mukwabu watangiye ku wa Gatatu mu museke mu mujyi wa Lilongwe.

Uyu mukwabu wakozwe nyuma y’ibyumweru bibiri iyi minisiteri itanze umunsi ntarengwa wo kuba impunzi zasubiye mu nkambi ya Dzaleka, iri mu birometero 40 uvuye mu mujyi.

Umuvugizi w’iyi Minisiteri yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP ko igihe bari bahawe cyari cyarangiye, kandi ko bari babamenyesheje ko nibidakorwa ku bushake hazitabazwa polisi ikabasubizayo ku gahato.

Abenshi mu mpunzi n’abasaba ubuhungiro muri Malawi baturutse mu bice byayogojwe n’intambara muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu Burundi no mu Rwanda.

Ku wa 31 Ukuboza 2017, u Rwanda rwakuyeho sitati y’ubuhinzi, ku banyarwanda bahunze hagati ya 1959 na 1998, , bityo uwari ukiri hanze y’igihugu yasabwe gushaka impapuro zimwemerera gutura cyangwa agataha.

Abafashwe bari kugenzurwa imyirondoro yabo aho bafungiye ngo hasuzumwe ko bari ku butaka bw’iki gihugu mu buryo bwemewe n’amategeko.

Inzego z’ubutegetsi kandi zashinje impunzi n’abashaka ubuhungiro gukora ubucuruzi batabyemerewe n’amategeko.

Uhagarariye Abarundi i Lilongwe yatangaje ko yatunguwe n’uwo mukwabu mu gihe leta ya Malawi yari yiyemeje ko igomba gucungira impunzi umutekano.

Ihuriro ry’abaharanira uburenganzira bwa muntu muri Malawi ryatangaje ko ryababajwe n’ingufu z’umurengera leta yakoresheje muri iki gikorwa, riyishinja kwica itegeko mpuzamahanga rirengera impunzi, gutera ubwoba no guhungabanya imibereho myiza y’izo mpunzi haba ku mubiri no mu by’imitekerereze.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye Ryita ku Mpunzi ritangaza ko iki gihugu gicumbikiye impunzi zigera ku bihumbi 70. Benshi baba mu nkambi ya Dzaleka yubatswe mu 1994 ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 12 ariko ubu icumbikiye abarenga ibihumbi 56.

Leta ya Malawi yataye muri yombi impunzi zanze kujya mu nkambi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages