00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Icyorezo kitaramenyekana kimaze kwica abantu batanu mu Burundi

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 12 April 2026 saa 03:50
Yasuwe :

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) ryatangaje ko riri gufatanya n’inzego z’ubuzima mu Burundi, mu iperereza ryo kumenya icyateje indwara itazwi imaze kwica abantu batanu, abandi 35 barayandura muri Komine Mpanda, mu Ntara ya Bujumbura, mu Majyaruguru y’Igihugu.

OMS ivuga ko ibizamini byakorewe muri laboratwari (laboratoire) byagaragaje ko iyo ndwara itari mu ndwara ziterwa na virusi nka Ebola na Marburg.

OMS ivuga ko yamenyeshejwe iby’iyo ndwara itaramenyekana ku itariki ya 31 Werurwe 2026, ikaba yaragaragaye ahanini mu bantu bo mu rugo rumwe no mu bahuye na bo bya hafi.

Ibimenyetso by’iyo ndwara birimo guhinda umuriro, kuruka, gucibwamo, inkari zirimo amaraso, kugira umunaniro no kubabara mu nda.

Bamwe mu bafashwe n’iyo ndwara banagaragaje ibimenyetso byo guhinduka umuhondo k’uruhu no kuba umuhondo imbere mu maso n’igabanyuka ry’ingano y’amaraso mu mubiri.

Minisitiri w’Ubuzima w’u Burundi, Lydwine Baradahana yavuze ko nubwo ibyavuye mu bizamini [byo kwa muganga] by’ibanze bitanga icyizere ku kuba bitarimo izi ndwara zikaze, iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane igitera iyi ndwara.

OMS ivuga ko itsinda rihuriweho ry’inzobere zo mu Kigo cy’u Burundi cy’ibikorwa byihutirwa by’ubuzima rusange n’izo muri laboratwari nkuru y’Igihugu, ryoherejwe ahagaragaye iyo ndwara kugira ngo rifashe iperereza ririmo gukorerwayo.

Icyorezo kitaramenyekana kimaze kwica abantu batanu mu Burundi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages