Ibi birori kandi byahuriranye n’ibyo gusoza amahugurwa ya gipolisi ku bofisiye bato 436 bahawe ipeti rya Assistant Inspector of Police [AIP]. Abo bapolisi barimo abagore 109 n’abanyamahanga icyenda bo muri Seychelles batorejwe i Gishari.
Ni amahugurwa yari amaze amezi 11.
Ubwo Perezida Paul Kagame yageraga mu Ishuri ry’Amahugurwa rya Polisi rya Gishari PTS Gishari, yabanje gusura ahamurikiwe ibikoresho bitandukanye byifashishwa na Polisi mu kazi kayo ka buri munsi.
Muri Kamena 2000 nibwo Polisi y’Igihugu yavutse nyuma yo guhuza inzego eshatu zarimo Gendarmerie Nationale yakoreraga muri Minisiteri y’Ingabo, Polisi ya Komini yakoreraga muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu n’Abagenzacyaha (Judicial Police Inspectors) bakoreraga muri Minisiteri y’Ubutabera.
Mu myaka ishize Polisi y’Igihugu yubatse ubushobozi bwaba ubw’abapolisi ndetse n’ibikoresho bitandukanye byifashishwa n’amashami ya Polisi atandukanye.
Nyuma yo gusura ibyo bikoresho, Perezida Kagame yagenzuye akarasisi k’abofisiye bashya, anabaha ipeti rya AIP.
Aba bapolisi bakoze akarasisi kanyuze abitabiriye ibirori, bigeze ku itsinda ry’abatwara moto biba akarusho.
Mu butumwa bwe, Perezida Kagame yagarutse ku isabukuru ya Polisi y’Igihugu, avuga ko ari umwanya wo kwisuzuma mu kongera gushimangira indangagaciro n’imikorere biranga uru rwego.
Ati “Mukomeze kuba abanyamwuga ndetse no kwicisha bugufi ntacyo byabatwara mu kazi mukorera igihugu cyacu, cyanyu n’abaturage bacyo, ibyo maze kuvuga ni ngombwa. Ibi ni byo bizatuma icyizere Abanyarwanda babafitiye no gukomeza kubafasha bikomeza gushinga imizi.”
Yanabasabye kwirinda ruswa, gushishoza mu byemezo bafata no kwicisha bugufi.
Ibyishimo by’ikirenga
Amafoto: Kwizera Herve



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!