Iri gabanyirizwa ry’impera z’icyumweru (weekends) rigenewe abazagura amatike yo kugendera mu ndege za RwandAir ku wa Gatanu, ku wa Gatandatu no ku Cyumweru, bakoresheje urubuga rwayo na ’application’ yo kuri telefone.
Yagize iti “Muri iyi weekend, urugendo rw’inzozi zawe ni kimwe cya kabiri cy’igiciro. Niba wifuza kujya ku mucanga, kuruhukira mu mujyi cyangwa se ufite urugendo rutunguranye, twagabanyije 50% kuri tike zo ku wa Gatanu, ku wa Gatandatu no ku Cyumweru!”
Indege za RwandAir zijya mu byerekezo birenga 23 hirya no hino ku Isi. Bivuze ko niba uri mu mahanga uteganya gusura Kigali muri iyi minsi itatu y’icyumweru, ushaka kujya Paris, Dubai n’ahandi, uzajya wishyura 50% by’igiciro gisanzwe.
Nubwo ingendo za nyuma zishingiye kuri iri gabanyirizwa zizakorwa tariki ya 30 Ugushyingo, RwandAir yamenyesheje abakiliya bayo ko basabwa kugura itike bitarenze tariki ya 14 Nzeri 2025 kugira ngo bahabwe iri gabanyirizwa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!