00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibiciro by’ingendo za RwandAir byagabanyijweho 50% kugeza mu Ugushyingo

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 27 August 2025 saa 01:25
Yasuwe :

Sosiyete y’u Rwanda itwara abantu n’ibintu mu kirere, RwandAir, yagabanyije ibiciro by’ingendo zayo mu byerekezo byose ku kigero cya 50% kugeza tariki ya 30 Ugushyingo 2025.

Iri gabanyirizwa ry’impera z’icyumweru (weekends) rigenewe abazagura amatike yo kugendera mu ndege za RwandAir ku wa Gatanu, ku wa Gatandatu no ku Cyumweru, bakoresheje urubuga rwayo na ’application’ yo kuri telefone.

Yagize iti “Muri iyi weekend, urugendo rw’inzozi zawe ni kimwe cya kabiri cy’igiciro. Niba wifuza kujya ku mucanga, kuruhukira mu mujyi cyangwa se ufite urugendo rutunguranye, twagabanyije 50% kuri tike zo ku wa Gatanu, ku wa Gatandatu no ku Cyumweru!”

Indege za RwandAir zijya mu byerekezo birenga 23 hirya no hino ku Isi. Bivuze ko niba uri mu mahanga uteganya gusura Kigali muri iyi minsi itatu y’icyumweru, ushaka kujya Paris, Dubai n’ahandi, uzajya wishyura 50% by’igiciro gisanzwe.

Nubwo ingendo za nyuma zishingiye kuri iri gabanyirizwa zizakorwa tariki ya 30 Ugushyingo, RwandAir yamenyesheje abakiliya bayo ko basabwa kugura itike bitarenze tariki ya 14 Nzeri 2025 kugira ngo bahabwe iri gabanyirizwa.

RwandAir yagabanyije ibiciro by'ingendo zayo kugeza mu Ugushyingo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages