00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

I&M Bank na AIMS mu bufatanye bwifashisha imibare hakemurwa ibibazo by’abaturage

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 22 June 2026 saa 08:56
Yasuwe :

I&M Bank Rwanda PLC yashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye n’Ikigo Nyafurika gishinzwe guteza imbere Ubumenyi bushingiye ku Mibare, AIMS Rwanda, agamije kongerera ubumenyi abakozi b’iyi banki no gufasha abanyeshuri ba AIMS kubona imirimo.

Ni amasezerano yashyizweho umukono ku wa 19 Kamena 2026. AIMS Rwanda izajya ihugura abakozi ba I&M Bank Rwanda PLC ku byerekeye ikusanyamakuru no kuyasesengura hagamijwe gufata ibyemezo biboneye (data analytics) no gukoresha ubwenge buhangano (AI).

Muri aya masezerano kandi I&M Bank Rwanda PLC izaha amahirwe abanyeshuri barangije muri AIMS Rwanda bafite imishinga myiza kubona imirimo abandi babone imenyerezamwuga muri iyi banki.

Umuyobozi Mukuru wa I&M Bank Rwanda PLC, Benjamin Mutimura, yagaragaje ko nka banki ifite gahunda yo guhindura ubuzima bw’abantu bitakorwa batongereye ubumenyi abakozi babo.

Ati “Dufite gahunda yo guhindura ubuzima bw’abantu nibura miliyoni ebyiri kandi ni intego izarangirana n’uyu mwaka tugashyiraho indi. Ntabwo ibyo twabikora tudahinduye imikorere y’abakozi bacu kuko tugomba gufasha abo bantu dufite ubumenyi.”

Umuyobozi wa AIMS Network mu Rwanda, Prof. Sam Yala, yagaragaje ko mu Rwanda n’ahandi muri Afurika hari icyuho mu gukoresha ubumenyi bw’imibare ari na yo ntego nyamukuru ya AIMS yo gufasha abantu kumenya uko bakoresha imibare mu bindi bintu.

Ati “Iyo tuvuga imibare abantu bumva imibare isanzwe umuntu yiga akarangiza ahita aba umwarimu wayo. Na byo ni byiza kuko dukeneye abarimu ariko abantu bakeneye kumenya uko bakoresha imibare mu gukemura ibibazo biri muri sosiyete.”

Umuyobozi ushinzwe abakozi muri I&M bank Rwanda PLC, Aline Mutambuka, yagaragaje ko aya masezerano ari ingenzi kuko AIMS igiye kubahugurira abakozi ibahe ubumenyi bakwifashisha mu gushaka icyo bakora ngo imikorere yabo irusheho kugenda neza no kunoga.

Ati “Ubu tugeze mu Isi y’ikoranabuhanga rya AI, abakozi bacu harimo abatayifiteho ubumenyi buhagije. Icyo ni cyo AIMS izadufasha, dusanzwe dufite abakozi bize ibijyanye n’imibare ariko bari bakeneye amahugurwa kugira ngo barusheho kumenya uko ubwo bumenyi bafite bwabafasha kurushaho kunoza imikorere yabo.”

Agaragaza ko ari yo mpamvu bazaha n’akazi abanyeshuri bize muri AIMS bafite imishinga myiza yafasha iyi banki kwagura imikorere yayo kugira ngo bajyane iyo mishinga yabo ariko banasangize ubumenyi abakozi bahasanze.

Aya masezerano azamara umwaka ariko ashobora kongerwa. Yitezweho gufasha abakozi ba I&M Bank kugira ubumenyi mu buryo bwo gukoresha imibare bakemura ibibazo bihari no kunoza kurushaho imikorere y’iyi banki.

Umuyobozi Mukuru wa I&M Bank Rwanda PLC, Benjamin Mutimura, n'Umuyobozi wa AIMS Network mu Rwanda, Prof. Sam Yala, nyuma yo gushyira umukono ku masezerano
AIMS Rwanda na I&M Bank Rwanda PLC byiyemeje gufatanya mu kongerera ubumenyi abakozi b'iyi banki no guha abanyeshuri ba AIMS imirimo n'imenyerezamwuga
I&M Bank Rwanda PLC na AIMS biyemeje kubyaza umusaruro imibare
I&M Bank Rwanda PLC na AIMS byinjiye mu mikoranire
Umuyobozi ushinzwe abakozi muri I&M bank Rwanda Plc, Aline Mutambuka, yagaragaje ko aya mahugurwa azafasha abakozi babo mu kunonaz imikorere

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages