Imirimo yo kubaka iki cyicaro irarimbanyije, aho ibikorwa bitandukanye bikomeje gukorwa. Kuri ubu hatangijwe imirimo yo gusiza ahazubakwa.
Abakozi barimo abakorera ikigo cy’ubwubatsi cy’Abashinwa n’Abanyarwanda ni bo bakomeje imirimo ya buri munsi.
Iki cyicaro kiri kubakwa mu Mujyi wa Kigali rwagati, inyuma y’inyubako z’uruganda rwa Sulfo, urenze gato ahahoze gereza ya 1930.
Kizaba ari kimwe mu bikorwa remezo bya Polisi y’Igihugu, kikazafasha mu kunoza imitangire ya serivisi no koroshya imikorere y’inzego za Polisi zikorera mu murwa mukuru.
Inyubako iri kubakwa nimara kuzura izakoreramo icyicaro cya Polisi mu Mujyi wa Kigali kuri ubu kibarizwa ahazwi nko kwa Nyirinkwaya.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!