00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hamuritswe urubuga rufasha abantu kubona amakuru ku butaka bifashishije ikoranabuhanga

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 11 March 2025 saa 12:35
Yasuwe :

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubutaka, NLA, cyamuritse urubuga ruzajya rwifashishwa mu kubona amakuru ajyanye n’ubutaka, akubiyemo imikoreshereze, imicungire n’ibiciro byabwo.

Urubuga rwakozwe na NLA ku bufatanye na Minisiteri y’Ibidukikije kugira ngo rufashe mu gukemura ibibazo byakundaga kugaragara mu mitangire ya serivisi z’ubutaka mu Rwanda.

Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Uwamariya Valentine, yatangaje ko amakuru akubiye muri uru rubuga azajya afasha Minisiteri y’Ibidukikije ndetse na NLA kumenya serivisi zitinda, hashakwe uburyo zakwihutishwa.

Minisitiri Uwamariya kandi yatangaje ko uru rubuga ruzafasha Leta gukurikirana uburyo ibishushanyo mbonera byubahirizwa hirya no hino mu gihugu, cyane ko usanga hari ababyirengagiza.

Ati “Urubuga ruzadufasha gukurikirana amakuru agendanye n’ibishushanyo mbonera byagiye bishyirwaho mu gihugu, mu mijyi itandukanye cyane cyane mu turere dutandukanye, niba biri gushyirwa mu bikorwa kubera ko hamwe usanga ibishushanyo mbonera bidashyirwa mu bikorwa uko bikwiye.”

Umuyobozi Mukuru wa NLA, Nishimwe Marie Grace, yagaragaje ko urubuga ruzajya rutanga ishusho ngari ya serivisi z’ubutaka kubera ko iyo wabonye aho ukura amakuru bikorohera gufata icyemezo.

Ati “Uru rubuga rutanga ishusho ngari, cyane ko ufite ahantu ukura amakuru, ushobora no kumenya ibyemezo ufata.”

Yakomeje avuga ko biturutse ku makuru akubiye muri urubuga, bizajya bifasha ukeneye serivisi z’ubutaka kumenya ahari ikibazo ndetse n’uburyo yagikemura neza.

Ati “Urubuga ruzafasha cyane mu bijyanye no kubona ahari ikibazo ndetse n’uburyo washaka amakuru kuri icyo kibazo.”

Urubuga Rwanda Land Dashboard (https://rwandalanddashboard.lands.rw) ruzajya rusurwa na buri wese ushaka amakuru y’ubutaka ku bijyanye n’abatunze ubwo butaka, ibiciro by’ubutaka, ihererekanya ry’ubutaka.

Abashakashatsi ndetse n'abayobozi baturutse mu nzego zitandukanye za Leta bitabiriye umuhango w'imurikwa ry'uru rubuga
Minisitiri Uwamariya yagaragaje ko uru rubuga ruzaba rukubiyemo amakuru ajyanye n’imikoreshereze ndetse n’imicungire y’ubutaka
Nishimwe yatangaje ko urubuga ruzafasha abaturage cyangwa abashoramari gufata ibyemezo bashingiye ku makuru bazajya babona
Minisitiri Uwamariya yashimiye abagize uruhare mu kubaka uru rubuga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .