00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

FERWAFA yisubiyeho ku giciro cyo kwandikisha abanyamahanga

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 29 August 2026 saa 09:21
Yasuwe :

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryamenyesheje amakipe akina muri BK Pro League ko igiciro cyo kwandikisha abakinnyi b’abanyamahanga cyari kuri miliyoni 2 Frw cyashyizwe ku bihumbi 500 Frw.

Ku wa Gatanu, tariki ya 27 Kanama 2026, ni bwo Komite Nyobozi ya FERWAFA yafashe uyu mwanzuro hashingiwe ku nama nyunguranabitekerezo yagiranye n’ubuyobozi bwa Rwanda Premier League.

Inama yize ku busabe bw’Inteko Rusange ya Rwanda Premier League bijyanye no kuvugurura ibiciro byo kwandikisha abakinnyi b’abanyamahanga, kugira ngo hongerwe amahirwe ahabwa abakinnyi b’Abanyarwanda.

Yemeje ko mu mwaka w’imikino wa 2026/27, kwandikisha umukinnyi wumunyamahanga amakipe azatanga ibihumbi 500 Frw ku mukinnyi w’icyiciro cya mbere n’ibihumbi 250 Frw ku mukinnyi wo mu cyiciro cya kabiri.

Ni cyemezo cyahinduwe nyuma y’uko kwandikisha umukinnyi muri BK Pro League yari miliyoni 2 Frw.

FERWAFA na Rwanda Premier League byemeje ko bizakomeza kuganira ku buryo icyuho mu mutungo kizaterwa n’ingaruka z’iki cyemezo cyazibwa, cyane cyane ko amafaranga yari kuzava mu gikorwa cyo kwandikisha abakinnyi b’abanyamahanga yari ateganyijwe mu ngengo y’Imari ya FERWAFA.

Aya yari agenewe kunganira amakipe y’abato mu marushanwa atandukanye.

Kwandikisha abakinnyi b’Abanyarwanda, ikipe itanga 5000 Frw mu kubaha amahirwe yo gukina.

Kwandikisha abakinnyi b'abanyamahanga byavuye kuri miliyoni 2 Frw bigera ku bihumbi 500 Frw

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages