Brig Gen Rwivanga yabitangarije The New Times, ubwo yabazwaga uburyo EASF ikomeza gukora mu gihe bimwe mu bihugu biyigize birimo u Rwanda n’u Burundi bifitanye amakimbirane.
Yagize ati “Mu bufatanye bw’akarere, tuba dukwiye gukorana dushaka ibisubizo. Hari ibintu byinshi tugomba kumvikanaho nubwo hari amahame amwe n’amwe tutumvikanaho. Twaba tubishaka cyangwa tutabishaka, turi mu karere kamwe kandi tugomba gukorana.”
Uyu muyobozi yavuze ko ibibazo byose byaba biri hagati y’ibihugu byombi, nk’ingabo zikora kinyamwuga ziba zigomba kurenga ibibazo bya politiki.
Ati “Icyaba kiri hagati y’ibihugu, nk’ingabo zikora kinyamwuga, dukwiye kurenga ibibazo bya politiki, tugakora nk’abanyamwuga mu gisirikare. Nta kibazo kirimo. Ibibazo bya politiki ntibiba bikwiye kuvangwa n’iby’umwuga."
“Iyo uri umusirikare, uri mu kazi k’igisirikare, uba ukwiye kurenga ibyo bibazo, ugakorera akarere mu buryo butabogamye.”
Brig Gen Rwivanga yagaragaje ko nubwo u Rwanda n’u Burundi byagiye bigirana ibibazo mu mubano wabyo, byombi byakomeje kugira uruhare mu bikorwa bya EASF mu bya gisirikare, Polisi n’urwego rwa gisivili.
Yasobanuye ko mu myaka EASF imaze, amakimbirane hagati y’ibihugu biyigize atigeze ahagarika imikorere yayo. Yanatanze urugero rw’igihe u Rwanda na Uganda byari bifitanye ibibazo byatumye imipaka ifungwa, ariko ubufatanye bwabyo muri EASF bugakomeza.
Brig Gen Rwivanga yavuze ko icyo bihugu byo mu karere bihuriyeho ari ugushaka umutekano usesuye, bityo ingabo, Polisi n’abasivili bo muri ibi bihugu bakwiye gukomeza gukorana nubwo ku rwego rwa politiki haba hari ibyo ibihugu bitumvikanaho.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!