Ubwo hizihizwaga umunsi wahariwe Afurika wabereye i Harare ku wa Mbere tariki ya 8 Kamena 2026, Amb Musoni yavuze ko amatora yerekanye ikintu gikomeye Afurika yakabaye yishimira.
Ati “Bimwe mu byo twishimira uyu munsi, ni intambwe idasanzwe ya dipolomasi Abanyafurika n’Isi muri rusange bakwishimira hamwe na Zimbabwe.”
Yakomeje ati “Ku ruhande rw’abadipolomate, turashimira Perezida wa Zimbabwe Dr. Emerson Mnangagwa, Guverinoma n’abaturage ba Zimbabwe ku ntambwe ikomeye yatewe na Zimbabwe yo gutorerwa kuba umunyamuryango udahoraho w’Akanama ka Loni gashinzwe Umutekano mu mwaka wa 2027/2028.”
Musoni kandi yakomeje agaragaza ko Afurika ifite ibisabwa byose kugira ngo ibe umugabane wifuzwa na buri wese kuko yifitiye umutungo kamere n’abaturage biganjemo urubyiruko.
Ati “Ibihugu bifite uruhare rukomeye mu guharanira kugera ku iterambere rirambye no kubaka Afurika twifuza.”
Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye yatorewemo Zimbabwe nk’umunyamuryango udahoraho w’Akanama ka Loni gashinzwe Umutekano yabaye ku wa 3 Kamena 2026.
Iki gihugu cyabaye icya gatanu nyuma ya Autriche, Kyrgyzstan, Portugal, na Trinidad et Tobago.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!