00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amb Gatete yerekanye indi nzira Afurika yakwisunga mu gihe iya Hormuz yakomeza kwanga

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 9 April 2026 saa 09:40
Yasuwe :

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo ya Loni ishinzwe Ubukungu muri Afurika (UN ECA) yagaragaje ko uko intambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati ikomeza, bigira ingaruka ku bukungu bw’ibihugu byo muri Afurika, asaba gukora ishoramari rigamije impinduka ku mibereho myiza y’abaturage.

Yagaragaje ko izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bikomeje gutuma ubukungu bw’ibihugu butagenda neza kandi bikanakoma mu nkokora ubucuruzi bw’ibihugu.

Ati “Ugukomeza kw’amakimbirane mu Burasirazuba bwo Hagati biri kugira ingaruka ku isoko ry’ingufu n’ubucuruzi muri rusange, kandi bifite n’ingaruka zikomeye.”

Ni ubutumwa yagarutseho ubwo mu nama ya 58 y’Abaminisitiri b’Imari, Igenamigambi n’Iterambere ry’Ubukungu (COM 20226).

Yakomeje asaba ibihugu bya Afurika gushyira imbaraga mu kwihutisha iterambere rirarambye ry’ibihugu mu guhangana n’ibibazo bikunze kwibasira ubukungu bwayo.

Nubwo iyi nama ibaye mu gihe isi ihanganye n’ibihe byuzuyemo umutekano muke n’intambara hirya no hino, Claver Gatete yavuze ko hari amahirwe mashya atangiye kubonekera muri ibi bibazo byose n’amahirwe mashya Afurika ishobora kubibonamo.

Yagaragaje ko mu gihe ubucuruzi bwifashishije umuhora wa Hormuz buri gukomwa mu nkokora, umugabane wa Afurika ushobora kuba inzira nziza mu bucuruzi n’indi migabane.

Amb Gatete yagaragaje ko ubukungu bw’ibihugu byo muri Afurika bukwiye kujyana n’impinduka mu iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage kandi ko amahitamo y’imikoreshereze y’ingengo y’imari, amadeni ibihugu bisaba n’ishoramari bikora bikwiye kuba biri mu mujyo wo guharanira impinduka.

Yerekanye ko kandi ko bidakwiye kongera ishoramari gusa ahubwo hanakwiye kongerwa ubuziranenge n’ubwiza bw’ibikorwa mu rwego rwo kubimenyekanisha.

Yanashimangiye kandi ko hakenewe impinduka zigamije guhuza ikoreshwa ry’imari no kwimakaza ikoreshwa ry’ikoranabuhanga, guhanga ibishya no gukora impinduka.

Inzobere mu bukungu zigaragaza ko iyi ntambara ikomeje kugira ingaruka zikomeye ku bihugu byo mu burasirazuba n’amajyepfo ya Afurika kubera ko 75% by’ibikomoka kuri peteroli bikoresha bituruka mu Burasirazuba bwo Hagati, zikagaragaza ko biramutse bikomeje byakwerekeza amaso ku yandi masoko.

Amb Gatete yerekanye ko intambara yo muri Iran izakomeza kugira ingaruka ku bukungu bwa Afurika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages