00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

CG Dan Munyuza yashyikirije Libya impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda

Yanditswe na Twagirayezu Patrick
Kuya 2 February 2025 saa 01:24
Yasuwe :

Ambasaderi CG Dan Munyuza, yashyikirije Perezida w’akanama kayoboye Libya, Mohamed al-Menfi, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

Izo mpapuro yazitanze ku wa 1 Gashyantare 2025.

CG Dan Munyuza yagejeje kuri al-Menfi intashyo za Perezida Paul Kagame, banaganira ku buryo bwo gushimangira umubano w’ibihugu byombi mu nyungu rusange ndetse no kwimakaza imikoranire.

U Rwanda na Libya bisanganywe ubufatanye bumaze igihe kinini, burimo ishoramari ry’abanya-Libya, dore ko n’uwari Perezida wa Libya, Col Muammar Gaddafi, atarapfa yakoze ibikorwa byinshi mu Rwanda birimo kubaka hoteli, imihanda, n’ibindi.

Nyuma y’uko Col Muammar Gaddafi yishwe, Libya yabayemo intambara zidashira, abaturage bayo batangira guhunga, aho mu 2019 u Rwanda rwakiriye abimukira bavuye mu nkambi muri Libya.

Guhera icyo gihe kugeza uyu munsi, u Rwanda rumaze kwakira abimukira barenga 1,800 baturutse muri icyo gihugu aho bamwe muri bo bagenda babona ibihugu bibakira. Aba bimukira baba bafite inkomoko mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

Ambasaderi Munyuza asanzwe ahagarariye u Rwanda mu Misiri ari naho afite icyicaro.

Ambasaderi CG Dan Munyuza yashyikirije Libya impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda
Ubwo CG Dan Munyuza yakirwaga
CG Dan Munyuza yagejeje kuri al-Menfi intashyo za Perezida Paul Kagame

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages