Ni igikorwa cyabaye ku wa 26 Kamena 2026, ubwo ubuyobozi n’abakozi ba Airtel na Airtel Money Rwanda bifatanyaga n’abaturage bo mu Karere ka Nyanza kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.
Aba babanje gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rw’Akarere ka Nyanza, bunamira inzirakarengane zisaga ibihumbi 31 zihashyinguwe, banasobanurirwa amateka asharira Abatutsi bari batuye i Nyanza banyuzemo.
Nyuma yo kumenya amateka ya Jenoside yo muri aka karere ko mu Ntara y’Amajyepfo, batanze inka 15 kandi zihaka ku miryango 15 yo mu mirenge ya Nyagisozi, Ntyazo na Cyabakamyi.
Umuyobozi Mukuru wa Airtel Rwanda, Sujay Chakrabarti, yavuze ko iki gikorwa cyateguwe mu murongo wo kwibuka abishwe, ariko hanagamijwe kudaheranwa n’agahinda, hakarebwa ibikorwa byazamura imibereho y’abarokotse kugira ngo barusheho kwiteza imbere.
Ati “Ni ukongera kwiyibutsa ko ubumuntu bukibaho, tugafashanya. Turabizi neza ko ntacyahindura amateka, ariko igikorwa cya none kigamije kubatiza imbaraga ngo muve ku rwego rumwe mujye ku rundi mu mibereho. Mwe guheranwa n’agahinda, ahubwo tubifurije gutwaza mugana imbere.”
Aborojwe inka barimo Uwimbabazi Claver wo mu Murenge wa Nyagisozi mu Kagari ka Kabibilizi, yavuze ko inka yahawe igiye kumuha ifumbire, amata n’amafaranga, ikanamukiza irungu.
Naho Nyirarukundo Jeannette na we wo mu Murenge wa Nyagisozi, mu Kagari ka Rurangazi, yavuze ko inka ahawe nibyara bwa mbere azishimira guhita yoroza undi muturanyi utayifite, kugira ngo na we agerweho n’ibyiza, hanyuma izindi azajya abyaza cyane cyane ibimasa, abigurishe abone amafaranga.
Umunyamabanga wa Ibuka, Ahishakiye Naphtal, yavuze ko ubufasha nk’ubu busindagiza abarokotse, asaba abahawe inka gukora uko bashoboye bagatandukana n’inkuru zo kutishobora ukundi.
Yagize ati “Mukore cyane kuko mubonye inyunganizi, mukore urugendo mushake ubwatsi n’amazi, maze izi nka zibakure mu bukene, bityo ibijyanye no kutishobora bibe indi nkuru ku miryango imaze korozwa.”
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza uungirije ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Kayitesi Nadine, yashimye Airtel Rwanda yatekereje Akarere ka Nyanza, igatera ingabo mu bitugu abarokotse Jenoside b’i Nyanza.
Ati “Twashimye cyane urukundo mwatugaragarije, mugahitamo akarere kacu, mukongera kunezeza abarokotse. Dutewe ishema no kwishimana na bo, amarangamutima yabo ni menshi. Mu muco wacu inka ni ikimenyetso cy’ubukire, icyizere cy’ubuzima ndetse n’umugisha mubifuriza.”
Ubuyobozi bwa Ibuka bwatangaje ko buri mwaka ibigo bitandukanye mu Rwanda byoroza inka ziri hagati ya 700 na 1000 ku batishoboye barokotse, gusa uyu mwaka wa 2026 wo ukazagira umwihariko kuko bigaragara ko zizarenga 1000 kubera agaciro gahunda yo gufashisha abatishoboye inka isigaye ifite.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!