Iki gisirikare cyasobanuye ko batatu muri aba basirikare bishwe n’igisasu ubwo abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23 bari bahanganye n’ihuriro ry’ingabo za RDC hafi y’ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Goma.
Undi musirikare wa Afurika y’Epfo wapfuye, nk’uko iki gisirikare cyakomeje kibisobanura, ni umwe mu baherutse gukomerekera ku rugamba rwabaye mu minsi itatu ishize.
Afurika y’Epfo kuva tariki ya 23 Mutarama, imaze gutakariza abasirikare 13 ku rugamba rwo mu burasirazuba bwa RDC.
Mu itangazo igisirikare cy’iki gihugu cyaherukaga gusohora tariki 25 Mutarama, cyari cyasobanuye ko abasirikare bacyo 9 ari bo bari bamaze gupfa. Barimo barindwi bari mu butumwa bw’umuryango wa Afurika y’amajyepfo na babiri bari mu bw’Umuryango w’Abibumbye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!