Ni ibiganiro biri kubera mu Busuwisi kubera ikibazo cy’intambara yo muri Iran, yagize ingaruka kuri Qatar nk’umuhuza.
Nubwo impande zombi zongeye guhabwa ubutumire bwo kujya mu biganiro, ibyari byemeranyijwe mu biganiro biheruka kuba guhera tariki ya 13 kugeza ku ya 17 Mata 2026 ntabwo byashyizwe mu bikorwa nk’uko byari byemeranyijweho.
Leta ya RDC yari yemereye abahuza ko itazongera kugaba ibitero bihitana abasivili ariko kuri ubu mu bice bitandukanye igaba ibitero bya drones mu bice bitandukanye bituwe n’abaturage kandi bikanatwara ubuzima bw’abasivili abandi bagakomereka.
Impande zombi zari zemeranyije agahenge no korohereza ibikorwa by’ubutabazi ariko nta gahenge kigeze kabaho kuko ubutegetsi bwa Tshisekedi n’ingabo bifatanyije bwakomeje kugaba ibitero.
Hari kandi ibijyanye no gufungura imfungwa na byo bitakozwe, n’ibindi bikubiye mu masezerano yashyizweho umukono.
Umusesenguzi Tite Gatabazi yagaragaje ko kuba AFC/M23 yajya muri ibi biganiro yatumiwemo nubwo ibyabanje bitatanze umusaruro wari witezwe, bifite inyungu nyinshi zo kongera kwereka umuhuza ko hari ibyo impande zombi zemeranywa ntibishyirwe mu bikorwa no gusaba ko urundi ruhande rubazwa impamvu rutabyubahiriza.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!