Byagarutsweho ubwo Ambasaderi w’u Rwanda mu Bufaransa, François Nkulikiyimfura, yasuraga ikibanza cy’u Rwanda aganira n’abitabiriye iryo murikagurisha ku musaruro baribonamo.
Abacuruzi baturutse mu Rwanda bamugaragarije ibyo bari kumurika, na we ababwira ko u Bufaransa ari igihugu gikomeye mu bijyanye n’Ubuhinzi n’Ubworozi kandi ko kugira abo bakorana baho ari byiza.
Yanabijeje ko Ambasade y’u Rwanda izakomeza kuba hafi abakenera ubufasha bose, mu gihe babonye amasoko mashya mu Bufaransa.
Amb. Nkulikyimfura ari kumwe n’Umuyobozi w’ishami rishinzwe amasoko mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), Janet Basiima, basuye n’ibindi bigo bifite umwanya hafi y’u Rwanda muri iri murikagurisha mu rwego rwo guhanana amakuru no kungurana ibitekerezo.
Mu babyitabiriye harimo Umutoni Ritha, uyobora ikigo cya Rixu Rwanda Coffee, wabwiye IGIHE ko impamvu nkuru ituma bajya mu mahuriro nk’aya ari ukumenyekanisha ibikorerwa mu Rwanda ku masoko mpuzamahanga.
Yagize ati “Kuza hano, si uguhura n’abaguzi gusa, ahubwo tugira n’izindi gahunda tuba twarateguye, aho dusohoka tukajya kuganira, tugahura n’abayobozi b’ibigo binini bitumiza cyangwa byohereza ibicuruzwa hirya no hino ku Isi. Ni ahantu kandi twigira byinshi kuko tujya no gusura andi masoko akomeye ya hano mu Bufaransa mu rwego rwo kwagura ibitekerezo n’uburyo bwo gukora.”
Umutoni yanashimiye cyane Ubuyobozi bw’u Rwanda ku miyoborere myiza irangajwe imbere na Perezida Paul Kagame “Iduhesha ishema tukagera ahantu nk’aha.”
Umuyobozi w’Ikigo cya Fita Ltd, gihinga kikanohereza mu mahanga ibikomoka ku buhinzi birimo n’urusenda, Stephanie Kayirangwa, yashimye NAEB yabafunguriye amarembo n’uburyo Ambadasade yabijeje gukomeza kubaba hafi.
Rubayiza Aloys uyobora ikigo gitunganya kandi kikageza ku isoko ry’i Burayi ikawa cyitwa Rwanda Mountain Coffee, yerekanye ko ari ku nshuro ya mbere yari yitabiriye iri murikagurisha ariko yishimiye uko abantu basura ibyo Abanyarwanda bamurika.
Ati “Kuba rero u Rwanda rwitabiriye ku nshuro ya gatanu wasangaga hari abantu bagaruka gushaka ikawa cyangwa icyayi by’u Rwanda kuko byabaryoheye. Byanyeretse ko ikawa yacu imaze kumenyekana muri uru ruhando rw’amahanga.”
Iri murikagurisha ribera ahazwi nka Paris Expo–Porte de Versailles’ riba mu mpera za Gashyantare kugeza mu ntangiriro za Werurwe buri mwaka.
Rigaragaza ibikomoka ku buhinzi, ubworozi n’ibicuruzwa bibukomokaho, ikoranabuhanga rikoreshwa mu buhinzi, guteza imbere ubufatanye, ihangwa ry’ibishya n’ibindi.
Ni imurikagurisha ryatangiye kuba ku wa 21 Gashyantare 2026, ritangizwa na Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron.
U Rwanda rwahawa ‘stand’ ya karindwi mu bihugu birenga 100 byitabiriye, ibigaragaza uburyo rukomeje guteza imbere ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherezwa mu mahanga.
U Rwanda ruhagarariwe na NAEB, Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa n’ibigo 15 by’abamurika ibicuruzwa birimo, ikawa, icyayi, ubuki n’ibindi.
Iri murikagurisha ni urubuga rwiza ku bahinzi, ba rwiyemezamirimo n’abashoramari ku bijyanye no gusangira inararibonye no kubona amahirwe y’ishoramari.
SIA imara iminsi icyenda yitabirwa by’abamurika barenze 1000 n’abasura.
Nko mu 2025 hitabiriye abarenga 607.503 mu minsi icyenda kiba kimwe mu bikorwa byitabiriwe cyane mu Bufaransa.
Muri iri murikagurishwa kandi hamurikwa amatungo 4000 harimo inka, intama, ingurube n’amafarasi.
Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi bikomeje gutezwa imbere, aho Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Ukuboza 2025 yatangaje ko ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherejwe mu mahanga mu 2025 byari bimaze kwinjiriza u Rwanda arenga miliyoni 893,1$.
Muri gahunda ya kabiri y’igihugu yo kwihutisha ubukungu (NST2), u Rwanda rufite intego ko amadovize yinjinzwa n’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherezwa mu mahanga azagera kuri miliyari 1,5$ ku mwaka bitarenze mu 2029.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!