00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda batuye muri Denmark bakoze Umuganda i Copenhagen

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 25 February 2025 saa 01:41
Yasuwe :

Abanyarwanda batuye muri Denmark mu Karere ka Copenhagen, bakoze Umuganda rusange muri uwo Mujyi.

Ni igikorwa cyabaye ku wa Gatandatu tariki ya 22 Gashyantare 2025, cyitabiriwe n’Abanyarwanda baturutse mu bice bitandukanye by’ako karere.

Umuyobozi y’Umuryango w’Abanyarwanda batuye mu Mujyi wa Copenhagen, Tea Misago, yasobanuye akamaro k’igikorwa rusange cy’ Umuganda, yemeza ko ufasha byinshi mu gukomeza kwimakaza umuco wo gukorera hamwe.

Ati “Iki gikorwa ni kimwe muri byinshi bikorwa mu rwego rwo gutura heza, kandi kigafasha n’abanturage gukomeza kugira umuco wo gukorera hamwe, kuko ubumwe n’ubwiyunge ntibyabaho Abanyarwanda batagira ibikorwa bibahuza, bigamije kubateza imbere.”

Yongeyeho ati “Iki gikorwa kandi kijyanye n’umuco wo kuzirikana inshingano yo kwishakamo ibisubizo nk’abanyarwanda.”

Yagaragaje ko bakwiye kujya bakora umuganda bagamije kwimakaza ubwo bufatanye ndetse no guharanira ko barangwa n’isuku aho bari hose.

Ati “Ni muri urwo rwego natwe nkuko babivuga mu kinyarwanda Umwera uturutse ibukuru bucya wakwiriye hose. Turakora umuganda hano dutuye, tugafatanya gukora isuku aho tuba ariko bituma n’ubwo bumwe bwacu bwo gushyira hamwe burushaho kwiyongera mu baturanyi bacu bo muri ibi bihugu dutuyemo.”

Tea Misago yashimiye bagenzi be bateguranye kandi bagafatanya iki gikorwa bayobowe na Dr. Ngoga Jimmy Innocent.

Mu gusoza iki gikorwa basabye Abanyarwanda batuye muri Denmark gukomeza gahunda zitandukanye zibahuza harimo izo gukora umuganda kuko bituma abandi bashishikazwa no kumenya u Rwanda mu biganiro bagirana mu gihe iki bari hamwe muri izi gahunda zibahuza, bigatuma bahanahana amakuru nyayo.

Abanyarwanda batuye muri Copenhagen bakoze Umuganda
Abitabiriye Umuganda bari bafite n'ibyapa byo gushyigikira Paul Kagame
Bakoze umuganda urimo gukora amasuku muri uwo mujyi

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .