Ku wa 7 Ukwakira 2025, ku rubuga rwa X hashyizwe amashusho agaragaza umuturage aryamye hasi, umupolisi agerageza kumufata amaboko.
Byagaragaye ko ubwo uyu musore yahagurukaga, yashatse gukomeza guhangana n’umupolisi, ariko abaturage benshi bari hafi aho baramubuza.
Muri aya mashusho humvikana ababwira uyu muturage bati “Waretse kurwana”, “Urarwana wowe nta soni”, “Uriya mwana ni umusazi”, abandi bagaragaza ko ikimutera guhangana ari ubusinzi.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yasobanuye ko uyu muturage “yabuzwaga kwambuka muri ’zebra crossing’ mu gihe imodoka zatambukaga. Yasabwe guhagarara aranga, biba ngombwa ko hakoreshwa imbaraga, bikekwa ko yari yabitewe n’ubusinzi.”
Ababonye aya mashusho bashimye ubunyamwuga uyu mupolisi yagaragaje ubwo uyu muturage yahanganaga na we, banenga uburyo uwabujijwe kwishora mu binyabiziga yitwaye.
Tuyishime Jean de Dieu yagize ati "Uyu mupolisi yagaragaje discipline yo ku rwego rwo hejuru…akwiye gushimirwa, n’uburyo yitwaye bigaragara ko na crisis managament ayifiteho ubumenyi buhanitse. Hanyuma abantu bakwiye kwirinda kurwanya inzego z’umutekano. Kandi itegeko muhita muhoberana.”
Uwiyise ‘True Teller’ yasabye ko abitwara nabi ku bapolisi nk’uyu muturage bajya bahanwa by’intangarugero mu rwego kwirinda ko bakora ibyaha bikomeye.
Ati “Ariko mujye muca n’umuco wo kudahana. Ubu ejo undi azaza gusindira ku bapolisi bacu. Ubu se byagenda bite aramutse ateye nk’icyuma cyangwa icupa umupolisi uri mu kazi? Birakaze. Nuko mwabatoje neza, bazi kwirwanaho, naho ubundi abaturage nk’aba mujye mubahana, babe intangarugero.”
‘Rwanda Patriotic’ yagaragaje ko nk’uko abatwara ibinyabiziga batubahiriza amategeko y’umuhanda bahanwa, abanyamaguru bakoresha umuhanda nabi na bo bakwiye kujya bahanwa.
Ati “Nk’uko muhana abatwara ibinyabiziga kutubahiriza amategeko y’umuhanda, n’abanyamaguru bibe uko kuko na bo barawukoresha kandi na bo amategeko arabareba mu kuba baba bari mu muhanda. Hakenewe unit yita kuri icyo kintu pee.”
Jean Uwimanihaye yagaragaje ko imyitwarire y’uyu muturage irenze iy’ubusinzi, ati “Bigaragara ko tumaze gusinda umutekano n’amahoro. Ziriya si inzoga gusa, harimo n’umurengwe ukabije.”
‘Ndi Umunyarwanda’ yanditse ko ikibazo cy’abasinzi bitwara nabi ku bapolisi atari gishya, bityo ko hakwiye gufatwa ingamba mu rwego rwo kurengera abapolisi.
Yagize ati “Ariko ikibazo cy’abasinzi bamenyera urwego rwa Polisi y’u Rwanda gikomeje kwaguka kuko mu minsi iri imbere bazakubita Polisi. Sinzi ingamba uru rwego ruri gufata.”
Habumugisha Vincent yasabye ko abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda bajya bakoresha amapingu, kandi bakajya bakorana akazi ari babiri.
Ati “Afande mujye muha abapolisi bo mu muhanda amapingu, nibura abafashe akazi. Ikindi, muzanabibutse ko kugenda ari umwe ari ikizira.”
Polisi y’u Rwanda yasobanuye ko iri gukurikirana iki kibazo kugira ngo hafatwe ibyemezo bikwiriye, iboneraho gushimira abaturage bagerageje gufatanya n’abapolisi kumubuza imyitwarire yari guteza impanuka.
Muraho,
Uwagaragaye mu mashusho yabuzwaga kwambuka muri “zebra crossing” mu gihe imodoka zatambukaga. Yasabwe guhagarara aranga biba ngombwa ko hakoreshwa imbaraga bikekwa ko yari yabitewe n’ubusinzi. Ikibazo kirimo gukurikiranwa mu rwego rwo kugira ngo hafatwe ibyemezo… https://t.co/S2zg6cOn24
— ACP B Rutikanga (@RNPSpokesperson) October 7, 2025
Uyu Mupolisi yagaragaje Discipline yo kurwego rwo hejuru....akwiye gushimirwa, nuburyo yitwaye bigaragara ko na Crisis management ayifiteho Ubumenyi buhanitse.
Hanyuma abantu Bakwiye kwirinda kurwanya inzego z'umutekano. Kandi itegeko muhita muhoberana.
— Tuyishime J. de Dieu 🇷🇼 (@RealJDtuyishime) October 8, 2025
Ariko muge muca numuco wo kudahana. Ubu ejo undi azaza gusindira kuba police bacu. Ubuse byagenda bite aramutse ateye nkicyuma cg icupa umu police uri mukazi?
Birakaze. Nuko mwabatoje neza Bazi kwirwanaho, naho ubundi abaturage nkab muge mubahana babe intangarugero— True teller (@irafashaenock3) October 7, 2025
Nkuko muhana abatwara ibinyabiziga kukutubahiriza amategeko yumuhanda. Nabanyamaguru nabo bibe uko kuko nabo barawukoresha knd nabo ayo mategeko arabareba mukuba baba bari mumuhanda.
Hacyenewe unit yita kuricyo cyintu pee.— Rwanda Patriotic (@Patriotic94) October 8, 2025
Bigaragarako tumazegusinda umutekano namahoro kuko ziriya sinzogagusa harimo umurengwe ukabije
— Jean Uwimanihaye (@UwimanihayeJean) October 7, 2025
Mwiriwe neza ariko ikibazo cyabasinzi bamenyera u rwego rwa @Rwandapolice gikomeje kwaguka kuko mumisiri irimbere bazakubita police sinzi ingamba nku Rwego muri gufata. https://t.co/YkXPjTzCmw
— Ndi Umunyarwanda (@UmunyarwandaPK) October 7, 2025
Afande mujye Muha aba ba police bo mu muhanda amapingu nibura abafashe akazi,ikindi muzanabibutse ko kugenda Ari umwe Ari ikizira. @RNPSpokesperson https://t.co/hvnbYWNJFk
— HABUMUGISHA VINCENT (@MugishaHV) October 7, 2025



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!