00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda baba mu Bubiligi bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 9 April 2026 saa 01:52
Yasuwe :

Abanyarwanda n’inshuti zabo batuye mu Bubiligi bahuriye muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, hanakosorwa ibyari byanditse ku rwibutso bihuzwa n’inyito nyayo yemejwe ku rwego mpuzamahanga.

Ni igikorwa cyabereye mu Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, ahari urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi nk’uko bisanzwe bigenda buri ku wa 7 Mata 2026.

Cyitabiriwe n’Abanyarwanda batuye mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu Bubiligi n’abandi.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye icyo gikorwa, Perezida w’Umuryango w’Abanyarwanda baba mu Bubiligi, Gakuba Ernest, yagaragaje akamaro ko kurinda ukuri kw’amateka y’u Rwanda no gukomeza guhangana n’abahakana bakanayipfobya mu buryo ubwo ari bwo bwose.

Yibukije abari aho ko na nyuma y’imyaka 32 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye, kwibuka abayiburiyemo ubuzima bizahoraho kandi ari umusingi ukomeye w’ahazaza.

Ati “Mu myaka 32 ishize, twakomeje kubika mu mitima yacu ituze n’agahinda by’abacu batakiriho ndetse duha agaciro ijwi ry’ubutwari by’abarokotse.”

Ikindi cy’ingenzi cyakozwe uwo munsi ni ugukosora uko kuri urwo rwibutso hari handitse bitaboneye handikwa ko ari urwa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ni igikorwa cyakiriwe neza ku Kwibuka 32 nk’ikimenyetso cy’ukuri kudashidikanywaho mu kurwanya abagerageza kugoreka amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi harimo n’inyito yayo.

Gakuba kandi yagarutse ku ntambwe ziri guterwa mu butabera, by’umwihariko icyemezo cy’urukiko rw’ubujurire rwo mu Bufaransa cyemeje igihano cyakatiwe Claude Muhayimana wahamijwe ibyaha bya Jenoside, avuga ko ari icyemezo cyibutsa ko u Burayi budakwiye kuba ubuhungiro bw’abakoze ibyaha bya Jenoside.

Yaboneyeho no kwihanangiriza abagerageza gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga, anashishikariza urubyiruko rw’Abanyarwanda baba mu mahanga kutabibemerera na busa.

Ati “Mube abarinzi b’ukuri, ntimuzemere ko hagira ugerageza gupfobya aya mateka.”

Yongeyeho ko ubumwe bw’Abanyarwanda bugaragarira muri gahunda ya Ndi Umunyarwanda kandi ntibusigane no guha agaciro ubutwari n’imbaraga z’abarokotse Jenoside mu kongera kwiyubaka.

Iki gikorwa kandi cyitabiriwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Woluwe-Saint-Pierre, Benoît Cerexhe

Nyuma ya gahunda ya Woluwe-Saint-Pierre hakozwe urugendo rwo kwibuka rwahereye kuri Place Royale k’umugoroba rwerekeza ahitwa Palais de Justice - Bruxelles

Nyuma hakurikiyeho Ijoro ryo Kwibuka ryabereye muri Kaminuza ya ULB (Université Libre de Bruxelles) aho Perezida wa Ibuka Mémoire & Justice mu Bubiligi, Twagira Mutabazi Eugène yagejeje ijambo ku bari bitabiriye, hatangwa ubuhamya bw’umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uyu mugoroba nk’uko bisanzwe urangwa n’umwanya abahanzi bifatanya mu ndirimbo zituje zo kwibuka.

Perezida w’Umuryango w’Abanyarwanda baba mu Bubiligi, Gakuba Ernest, yagaragaje akamaro ko kurinda ukuri kw’amateka y’u Rwanda no gukomeza guhangana n’abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu buryo ubwo ari bwo bwose
Umuyobozi w’Umujyi wa Woluwe-Saint-Pierre, Benoît Cerexhe
Kayirangwa Claire waruhagarariye Ibuka - Memoire et Justice - Belgique'
Umuyobozi w’Umujyi wa Woluwe-Saint-Pierre, Benoît Cerexhe , yunamira abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda
Abanyarwanda baba mu Bubiligi bakoze urugendo rwo kwibuka
Urubyiruko rwahawe umwanya na rwo rutanga ubutumwa bw'ihumure

Amafoto : Jessica Rutayisire

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages