00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru basezeweho

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 29 June 2026 saa 08:44
Yasuwe :

Minisitiri w’Umutekano, Dr. Vincent Biruta, yasabye abakoreraga Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS) bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, kuba abaturage beza mu buzima bagiyemo ndetse no gufatanya n’abo basanze mu bikorwa by’iterambere ry’Igihugu.

Yabagarutseho kuri uyu wa 29 Kamena 2026 ubwo abari abakozi 25 ba RCS bashyizwe mu kiruhuko cy’isabukuru basezerwagaho.

Aba bakozi baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru na Perezida Kagame ku wa 22 Gicurasi 2026.

Barimo komiseri umwe, ACP (Rtd) Moses Ntawiheba, ba ofisiye bakuru babiri na ba ofisiye bato 22.

Minisitiri Dr. Biruta abashimye umusanzu utagereranywa batanze, abasaba no kuba abaturage beza mu buzima bagiyemo bagakomezanya ibikorwa by’iterambere.

Ati “Ndabasaba gukorana neza n’abo muzasanga mu buzima busanzwe, mukaba intangarugero mu bikorwa by’iterambere na gahunda zitandukanye za Leta. Murasabwa kuba abaturage b’intangarugero barangwa n’indangagaciro mwahawe n’uru rwego mumaze imyaka mukorera.”

ACP (Rtd) Ntawiheba yagaragaje ko bishimira ko bakoranye n’abandi bose mu buryo bw’ubufatanye n’ubwubahane, bituma babasha gutanga umusaruro.

Ati “Turashima ubuyobozi n’abo twakoranye bose ubufatanye, ubwubahane n’inkunga mwaduhaye y’ibitekerezo byubaka. Ibyo twagezeho byose ntitwari twenyine ahubwo byashingiye kuri iyo mikoranire yacu twese hamwe.”

ACP (Rtd) Ntawiheba yashimangiye ko nubwo bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, badatandukanye na RCS burundu kuko inararibonye bafite aho rizakenerwa bazatanga uwo musanzu, anaboneraho gusaba abasigaye mu nshingano gukorana ubunyangamugayo, umurava no kuba ababakuriye.

Komiseri Mukuru wa RCS, CG Murenzi Evariste, yashimye umusanzu ukomeye aba bakozi bagaragaje mu kazi mu myaka bamazemo, cyane cyane uburyo bakoranye umurava n’ubunyangamugayo batiganda.

Yagaragaje ko haba mu kazi ko mu biro n’ahandi hatandukanye bakoze, abo bagiye mu kiruhuko bakoraga batigeze biganda ku murimo.

Minisitiri w’Umutekano, Dr. Vincent Biruta, yasabye abakoreraga RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru kuzafatanya n'abaturage mu iterambere
Komiseri Mukuru wa RCS, CG Murenzi Evariste, yashimye umusanzu ukomeye abakoreraga RCS bagaragaje mu kazi
Minisitiri w’Umutekano, Dr. Vincent Biruta, yasabye abakoreraga RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru kuzafatanya n'abaturage mu iterambere
Minisitiri w'Umutekano, Dr. Vincent Biruta yahaye icyemezo cy'ishimwe abasoje inshingano muri RCS
ACP (Rtd) Ntawiheba, wavuze mu izina rya bagenzi be, yagaragaje ko mu mirimo bakoze bishimira ko bakoranye n’abandi bose mu buryo bw’ubufatanye
Abantu 25 bakoreraga RCS bagiye mu kiruhuko cy'izabukuru
Abo mu miryango y'abagiye mu kiruhuko cy'izabukuru bakoreraga RCS baje kwifatanya na bo mu birori

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages